sangiza abandi

“Mwerekanye ubushobozi bwo guhatana budasanzwe- Gen Mubarakh yashimiye ikipe ya APR FC”

sangiza abandi

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga, yashimiye byimazeyo abakinnyi, abatoza, abagize itsinda ry’ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC adasize n’abafana, umusaruro mwiza wabaranze mu mwaka w’imikino usojwe.

Yabashimiye mu birori yabakiriyemo, byo kwishimira uko umwaka w’imikino wa 2025/2026 wagenze, aho iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye ibikombe bitatu birimo icya Shampiyona ya BK Pro League, Igikombe cy’Amahoro na Super Cup.

Muri iki gikorwa cyabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 31 Gicurasi 2026, Gen Muganga, yashimye ubwitange n’umurava watumye APR FC igera ku ntsinzi.

Yagize ati “Mwerekanye kwitwararika n’ubushobozi bwo guhatana budasanzwe.”

Mbere y’ibi birori, Gen Mubarakh yari yanifatanyije na bo mu bindi byo kwishimira igikombe cya shampiyona byabereye muri Kigali Pelé Stadium, mu mukino iyi kipe yatsinzemo Gicumbi FC ibitego 2-0, ikanashyikirizwa iki gikombe.

Umuyobozi w’Ikirenga w’iyi kipe, Gen Mubarakh Muganga, yabwiye abanyamakuru ko kuba begukanye ibikombe bitatu ari ishema ndetse bari babikwiye kuko n’ubwo ari byo byari bihari, iyo haba n’ibindi bari kubyegukana byose.

Ati: “Iyo biba na bitanu twari kubitwara, nibabigira bitanu nabwo tuzabitwara “

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]