Niyo Bosco uri mu bafite izina rikomeye mu muziki Nyarwanda yambikanye impeta y’urudashira na Mukamisha Irene, bari bamaze igihe mu munyenga w’urukundo.
Ubukwe bwabo bwabaye ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026. Umuhango wo gusezerana imbere y’Imana wabereye mu busitani bwa Kaleb Garden, buherereye i Rebero mu Karere ka Kicukiro.
Mbere y’uwo muhango, habanje kuba umuhango wo gusaba no gukwa, na wo wabereye muri ubwo busitani bwa Kaleb Garden.
Mu mwanya wo gutanga isezerano, mu gihe kingana n’iminota ibiri n’amasegonda 50, Niyo Bosco yabwiye umufasha we Mukamisha Irene, uko bahura ku nshuro ya mbere yagize ibyiyumviro by’uko ko ariwe Imana yamugeneye.
Ati “Duhura bwa mbere hari ukuntu nabimenye ko ari wowe, kandi icyo kintu narakigumanye kugeza igihe ntegereje kuzagihamiriza imbere y’abantu, Imana yari ibizi neza kubera ko muri benshi, muma miliyoni atuye Isi hari impamvu ari wowe twahuye tukagumana.”
uyu muhanzi yakomeje yibutsa umufasha we ko urukundo amukunda atarufata nkisezerano gusa, ahubwo abifata nk’inshingano ndetse n’ihame.
Ati “Urukundo rwanjye ntabwo ari isezerano gusa, ni ihame, ni inshingano, ni ibyiyumviro, bizangumamo umunsi ku munsi.”
Amakuru y’urukundo rwa Niyo Bosco na Irene Mukamisha yamenyekanye muri Nzeri 2025, ubwo Niyo Bosco yifurizaga isabukuru nziza Irene Mukamisha, maze amutera imitoma myinshi ambwibutsa ko ari umugisha kuba amufite.
Mu ijoro rya tariki ya 17 Nzeri 2025, kuri La Palisse Hotel Gashora mu Karere ka Bugesera, Niyo Bosco yambitse impeta y’urukundo Mukamisha Irene amusaba kuzamubera umufasha undi na we amwemerera atazuyaje.
Ku Gicamunsi cya tariki 10 Ukuboza 2025, ku biro by’Umurenge wa Kinyinya, Niyo Bosco yasezeranye imbere y’amategeko n’umufasha we Mukamisha, mu muhango witabiriwe n’abarimo Edouard Bamporiki.
Niyo Bosco w’imyaka 24 y’amavuko, ni umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki Nyarwanda, yamenyekanye cyane guhera muri Mutarama 2020, mu ndirimbo zakunzwe zirimo ‘Ubigenza ute’, ‘Seka’, ‘Piyapuresha’ n’izindi nyinshi.














