sangiza abandi

Perezida Kagame yageze muri Samoa aho yitabiriye CHOGM

sangiza abandi

Perezida Kagame yageze i Apia muri Samoa aho yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize umuryango Commonwealth ugizwe n’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (CHOGM).

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira, ibiro bya Perezida Kagame byanditse ku rubuga rwa X ko Umukuru w’Igihugu yageze muri Samoa, aho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Wungirije wa Samoa, Tuala Tevaga Iosefo Ponifasio.

CHOGM iheruka yabereye i Kigali muri 2022, Perezida Kagame yari yatorewe kuyobora Commonwealth muri manda y’imyaka ibiri asimbuye Boris Johnson wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Ibikorwa byo gutegura CHOGM byatangiye ku wa mbere tariki ya 21 Ukwakira 2024, ubwo habaga inama y’urubyiruko rwo muri Commonwealth yabereye mu gace ka Mulinu’u Bay.

Kuwa Kane tariki ya 24 Ukwakira hategerejwe inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga izabera muri Taumeasina Island Resort, ikazakurikirwa na CHOGM nyirizina izaba ku wa gatanu tariki ya 25 Ukwakira, muri Tuanaimato Conference Centre.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]