sangiza abandi

Perezida Kagame yashimiye Museveni wongeye gutorerwa kuyobora Uganda

sangiza abandi

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku ntsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kubera muri icyo gihugu.

Ni mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026.

Muri ubu butumwa, Perezida Kagame yifurije Museveni gukomeza gukorera iterambere ry’igihugu cya Uganda.

Ati” Ndakwifuriza ibyiza hamwe n’abaturage ba Uganda, mu gihe ukomeje gukorera igihugu cyawe ku bw’iterambere ry’abaturage.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko yizeye ko umubano w’ibihugu byombi uzarushaho gutera imbere muri iyi manda atangiye.

Ati” Niteguye gukomeza kubona umubano n’ubutwererane bikomeye kandi bitanga umusaruro hagati y’ibihugu byacu byombi.”

Ku wa 16 Mutarama 2026, Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka National Resistance Movement (NRM), ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu. 

Yoweri Museveni ari nawe wari usanzwe ari ku butegetsi yatangiye manda y’imyaka itanu, izarangira mu mwaka wa 2031.

Museveni yagize amajwi 71.65%, akurikirwa n’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, wagize amajwi 24.7%.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]