Ikipe ya Rayon Sports y’abagore yatangiye imikino ya CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League igwa miswi na Mafunzo WFC yo muri Zanzibar 0-0.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kanama 2026 hatangiye imikino ya CECAFA y’abagore muri Kigali Pele Stadium hakinwa imikino 2 yo mu itsinda A.
Umukino wabimburiye indi watangiye saa saba uhuza Yei Joint Stars yo muri Sudani y’Epfo na Denden FC yo muri Eritrea.
Uyu mukino warangiye Yei Joint Stars itsinze Denden ibitego 3-0 nyuma y’uko igice cya mbere cyari cyarangiye ari igitego 1-0 ndetse na Denden FC yabonye penaliti ariko irayihusha.
Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho umukino wari utegerejwe na benshi wahuje Rayon Sports WFC na Mafunzo WFC watangiye saa 16:00.
Uyu mukino warangiye amakipe yombi aguye miswi y’ubusa ku busa (0-0) n’ubwo Rayon Sports yari yihariye umukino ndetse igahusha uburyo bwinshi imbere y’izamu.
Umutoza Rwaka Claude yabanje mu kibuga umuzamu Ndakimana Angeline, kapiteni Uwase Andersene, Uzayisenga Lydia, Ihirwe Regine, Uwanyirigira Sifa na Mukantaganira Joselyne bari mu bwugarizi, Gikundiro Scholastique na Ntakobanjila Salama bari mu kibuga hagati naho Coralie Odette Elsie Eyeang Nguema na Zaina Namuleme bari mu busatirizi bwa Rayon Sports.
Rayon Sports yakinnye neza ndetse ishaka uburyo bwo kubona igitego ari irabuhusha harimo n’ubwo Mukeshimana Dorothee winjiye mu kibuga asimbuye yahushije asigaranye n’izamu ryambaye ubusa kuko umuzamu yari yasohotse.
Umazamu Chelsea Ngole wa Mafunzo yitwaye neza muri uyu mukino azibira bikomeye ikipe ya Rayon Sports.
Nyuma y’iyi mikino, Yei Joint Star niyo iyoboye itsinda n’amanota 3, Rayon Sports na Mafunzo zinganya amanota n’inota 1 naho Denden ni iya nyuma muri iri tsinda ntanota na rimwe ifite n’umwenda w’ibitego 3.
Ku munsi wa kabiri w’itsinda uzakinwa ku Cyumweru tariki 23 Kanama 2026, umukino wa Yei Joint Star na Mafunzo niwo uzabimburira indi saa 13:00 naho saa 16:00 Rayon Sports ikine na Denden, imikino yombi izabera kuri Kigali Pele Stadium.
Imikino ya CECAFA irakomeza kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kanama 2026 hakinwa imikino ibiri muri Kigali Pele Stadium, mu itsinda B Commercial Bank of Ethiopia izakina na FC Ujeco yo muri Djibouti saa 13:00 naho Simba Queens yo muri Tanzania ikine na Top Girls Academy yo mu Burundi saa 16:00.













