sangiza abandi

Rayon Sports yasinyishije Issa Djiguiba ukomoka muri Mali

sangiza abandi

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umukinnyi Issa Djiguiba ukomoka muri Mali wakiniraga ikipe ya AS Real Bamako y’iwabo muri Mali.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2026 nibwo Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije Issa Djiguiba w’imyaka 22 ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Issa Djiguiba ni umukinnyi ushobora gukina mu kibuga hagati asatira, ariko ashobora no gukina asatira ariko aciye ku mpande.

Djiguiba ni umukinnyi uhamagarwa mu ikipe y’igihugu ya Mali ndetse yabaye umukinnyi mwiza wa Shampiyona ya Mali muri uyu mwaka w’imikino.

Issa Djiguiba abaye umukinnyi wa 11 Rayon Sports isinyishije muri rusange, aba umukinnyi wa 5 w’umunyamahanga usinyiye iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Rayon Sports yakomeje kugaragara ku isoko ry’abakinnyi igura abakinnyi bakiri bato ikomeje imyitozo iri gukorera i Gicumbi yitegura umunsi wa ‘Rayon Day’ uzaba tariki 18 Nyakanga 2026 ndetse n’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda kuva tariki 24 Nyakanga kugeza tariki 8 Kanama 2026.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]