sangiza abandi

RDCongo yemeye guhagarika imirwano

sangiza abandi

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro rya AFC/M23, bashyize umukono ku masezerano yerekeranye n’ishyirwa mu bikorwa ryo guhagarika imirwano.

Ni amasezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Ukwakira 2025.

Muri ibi bigabiro byitabiriwe n’abahagarariye RDcongo, AFC/M23, intumwa z’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, MONUSCO ndetse Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR).

Muri ibi biganiro, hibanzwe ku gushaka umuti w’igisubizo haherewe ku muzi w’ibibazo.

Uruhande rwa AFC/M23 rwari ruhagarariwe na René Abandi uri mu bashinze M23 akababa n’umwe mu ntumwa zahagarariye iri huriro mu biganiro byabereye muri Qatar.

Ni mu gihe Sumbu Sita yaje nk’intumwa nkuru ya Perezida Félix Tshisekedi mu biganiro by’amahoro.

Ku rundi ruhande ibi biganiro byitabiriwe n’intumwa za Qatar, Amerika ndetse n’Umuryango wunze Ubumwe wa Afurika.

Ni ibiki byemejwe

Muri ibi biganiro, impande zombi zemeranyije ko zigomba kuba zifite umubare ungana mu kanama gashinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano.

AFC/M23 na Guverinoma ya RDCongo zemeranyije kandi ko MONUSCO igomba kugira uruhare mu ikurikirana ry’ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano ajyanye no guhagarika imirwano.

Impande zombi zemeranyije ko ICGLR nayo igomba gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano kandi igatanga inama ku birego bigendanye no kutubahiriza amasezerano y’amahoro.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrance Kanyuka, yavuze ko kuba Leta ya RDCongo yemeye gusinya aya masezerano ari intambwe itewe.

Ati “ Kera kabaye ubutegetsi bwa Kinshasa bwasinye amasezerano yo guhagarika imirwano. Iyi ni intambwe itewe.
Twiringiye ko aya masezerano azashyira iherezo ku bitero byakorwaga umusubirizo n’ingabo za leta n’abo bafatanya byibasira abasivile bacu.”

Yakomeje avuga ko “Mu gihe Kinshasa yaba yemeye ubu bushake, ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano rizatanga amahoro asesuye n’umutekano kandi dukemura ikibazo duhereye ku muzi wacyo ari nako abaturage barindwa.”

Photos:

[fluentform id="3"]