Ikipe ya RSSB Tigers BBC yongeye Oumar Ballo mu bakinnyi izifashisha mu mikino ya nyuma ya BAL itegerejwe kubera i Kigali.
Uyu mukinnyi ukomoka muri Mali w’imyaka 23, biteganyijwe ko agera i Kigali ku wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi. Uyu musore ufite metero 2.13 kuri ubu akinira ikipe ya Pallacanestro Cantù mu cyiciro cya mbere mu Butaliyani, akaba afatwa nk’umwe mu bafite impano idasanzwe kuri uyu Mugabane.
Mu 2019 ni bwo Ballo yatangiye kwerekana ko yibitseho impano idasanzwe mu gukina umukino wa Basket aho yakiniraga ikipe ya Gonzaga yo muri Amerika nyuma yo kuva mu ishuri rya NBA Academy muri Afurika.
Mu 2021–2024 yakiniye ikipe ya Arizona ari naho yamenyekaniye cyane, atoranywa inshuro ebyiri mu bakinnyi bitwaye neza kurusha abandi.
Nyuma yaje kujya muri Indiana aho yahavuye amaze kwerekana ko ari umukinnyi udasanzwe nyuma yaho yari ageze ku rwego rwo gutsinda amanota 13 ku mukino, aho yahavuye yerekeza mu Butaliyani.
Mu mpeshyi ya 2025, yakiniye ikipe ya Miami Heat mu marushanwa ya NBA Summer League.
Ballo kandi yafashije ikipe y’igihugu ya Mali kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika (AFRO Basketball) ku nshuro ya mbere mu mateka yayo nyuma yo gutsinda Senegal ku mukino wa kimwe cya kabiri aho yatsinzemo amanota 19. Mali yaje kurangiza ari iya kabiri nyuma yo gutsindwa na Angola ku mukino wa nyuma.
Ku rundi ruhande kandi amakuru avuga ko ikipe ya RSSB Tigers yongeye Osborne Shema ukinira APR BBC mu bakinnyi izifashisha mu imikino ya nyuma ya BAL.
RSSB Tigers yabonye itike y’imikino ya nyuma ya BAL iteganyijwe kubera i Kigali kuva tariki ya 22 kugeza kuri 31 Gicurasi, nyuma yo kwitwara neza mu mikino y’amatsinda ya Kalahari Conference yabereye muri Afurika y’Epfo mu kwezi gushize.
Iyi kipe ihagarariye u Rwanda yatsinze imikino ine mu itanu yakinnye, isoza ari iya mbere muri Kalahari Conference, imbere y’amakipe akomeye nka Al Ahly Ly na Petro de Luanda.












