sangiza abandi

Tadej Pogačar wanditse amateka muri ‘Tour du France’ ategerejwe muri Shampiyona y’Isi i Kigali

sangiza abandi

Umunya-Sloveniya, Tadej Pogačar, umaze gutwara Tour de France inshuro enye, yemeje ko azitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships) izabera i Kigali, mu Rwanda, kuva ku itariki ya 21 kugeza kuya 28 Nzeri 2025.

Pogačar, w’imyaka 26, ni we uheruka kwegukana Tour de France ya 2025 yabereye mu Bufaransa.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Tadej Pogačar yavuze ko atazitabira Isiganwa ry’amagare rya Vuelta a España 2025, rizabera i Madrid muri Espagne muri Kanama, ahubwo azafata ikiruhuko mbere yo kwerekeza i Kigali muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Yakomeje avuga ko yagize ikibazo cy’uburwayi mu gihe cyo gusoza Tour du France, gituma umubiri umutegeka gufata ikiruhuko mbere yo kuza mu Rwanda muri Shampiyona y’Isi izaba igiye kubera ku nshuro ya mbere muri Afurika.

Uyu mmukinnyi ari nawe wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2024, yabereye i Zurich, muri Switzerland, avuga ko yiteguye kongera kwegukana iyi iyi Shampiyona izaba iri kubera i Kigali.

Yongeyeho ko mbere yaho azabanza kwitabira amasiganwa azabera muri Canada, mu mujyi wa Québec na Montréal, mbere yo kwerekeza i Kigali.

Ati” Nzagerageza kugaruka ndi mu buryo bwiza bwo gusiganwa muri icyo gice, cyane cyane niteguye kuzakina neza Shampiyona y’Isi.”

Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 izaba ari inshuro ya mbere ibereye ku mugabane wa Afurika. Umujyi wa Kigali niwo watoranyijwe kuzakira iri rushanwa rizahuza abakinnyi b’icyiciro cya mbere bo mu bihugu birenga 70.

Ni Shampiyona izakinwa iminsi umunani hagati yo ku Cyumweru tariki 21 Nzeri na tariki 28 Nzeri 2025, aho izakinwamo ibyiciro 13 birimo abagabo, abagore n’abakiri bato.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]