Ikipe y’umukino wo gusiganwa ku magara ya Benediction Banafrica Team ihagarariye u Rwanda mu isiganwa ryo muri Cameroon (Tour du Cameroun 2026) yatangiye neza iri siganwa nyuma guhembwa nk’ikipe y’umunsi mu gace ka mbere.
Iri siganwa ryatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena 2026, hakinwa agace ka mbere ku ntera y’ibilometero 124,6.
Muri aka gace, Umunyarwanda Masengesho Vaincqeur ukinira Benediction Banafrica Team yasoje ku mwanya wa kabiri mu gace anganya ibihe n’uwa mbere, aho bombi bakoresheje amasaha abiri, iminota mirongo itanu n’icyenda n’amasegonda mirongo ine (2:59:40).
Abandi baje hafi ni Mugisha Moise wasoje ku mwanya wa kane asigwaho iminota ibiri n’amasegonda atandatu, ndetse na Uwiduhaye Mike wasoreje ku mwanya wa 11 asigwaho iminota ibiri n’amasegonda 19.
Aba basore kimwe na bagenzi babo barimo Nshimiyimana Phocas waje ku mwanya wa 24, na Uwihirwe Espoir wasoje ku wa 35 bose bakinana muri Benediction Banafrica Team y’u Rwanda.
Aka gace kakinwe n’abakinnyi 46 kagasozwa na 44, kegukanywe n’Umunya-Cameroun, Eric Rodrigue Kuere ukinira SNH Velo Club.









