Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Cycling Team yegukanye agace ka gatandatu ka Tour du Rwanda 2026, kakiniwe ku ntera y’ibilometero 84,1 kuva mu Karere ka Rubavu werekeza i Musanze.
Uyu musore yakoresheje amasaha abiri n’amasegonda 59. Ni ku nshuro ya kane yegukanye agace muri Tour du Rwanda, zirimo ebyiri atwaye muri 2026, kuko ni we wanegukanye agace ka mbere kasorejwe i Rwamagana.
Uyu musore kandi, yasoje ku mwanya wa kabiri mu gace ka gatanu kazengurutse umujyi wa Rubavu.
Muri aka gace ka gatandatu, umunyarwanda Muhoza Eric ukinira Team Amani yasoreje ku mwanya wa munani, ari wo wa hafi Umunyarwanda asorejeho kuva iyi Tour du Rwanda 2026 yatangira ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026.
Aka gace kakinwe n’abakinnyi 73, bahagurukiye mu Burengerazuba berekeza mu Majyaruguru hafi ya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, karangira hasigayemo 70 gusa.
Umudage Kretschy Moritz ukinira NSN Development Team, wahagurutse yambaye umwambaro w’umuhondo uhabwa uyoboye abandi ku rutonde rusange, ni we wawugumanye kuko nta wabashije gukuramo ibihe yarushaga abandi.
Uyu mudage amaze gukoresha amasaha 17 n’iminota 48 mu bilometero 747,1 bimaze gukinwa mu duce dutandatu twa Tour du Rwanda.
Kuri uru rutonde rusange mu duce twose tumaze gukinwa, Umunyarwanda uri hafi ni Niyonkuru Samuel ukinira Benediction, aho amaze gukoresha amasaha 17, iminota 52 n’amasegonda 59. Arasigwa n’uwa mbere iminota ine n’amasegonda 59.
Agace ka karindwi kabanziriza aka nyuma kazakinwa ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare 2026, Abasiganwa bazaturuka i Musanze betekeza i Kigali, aho bazasoreza kuri Kigali Péle Stadium. Aha haherukaga gusoreza agace ka Tour du Rwanda mu 2017.





