sangiza abandi

U Rwanda rwahawe kwakira CECAFA Kagame Cup imyaka ibiri ikurikirana

sangiza abandi

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA, yahaye u Rwanda uburenganzira bwo kwakira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup imyaka ibiri ikurikirana ya 2027 na 2028.

Iki cyemezo cyafatiwe mu Nama ya Komite Nyobozi ya CECAFA yateraniye i Kigali muri Movenpick Hotel tariki 6 Kanama 2026, iyobowe na Perezida wa CECAFA akaba na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Eritrea, Paulos Weldehaimanot Andemariam.

Iki cyemezo kandi kije gikurikira ubusabe u Rwanda rwari rwatanze bwo kwakira CECAFA Kagame Cup inshuro 3 zikurikirana harimo n’uyu mwaka.

CECAFA Kagame Cup y’uyu mwaka n’ubundi yabereye mu Rwanda yitabirwa n’amakipe 12 aturutse mu bihugu byo muri CECAFA, birangira yegukanwe n’ikipe ya Rayon Sports itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1.

CECAFA Kagame Cup ni irushanwa ryatangiye gukinwa byemewe mu 1974, hanyuma ritangira guterwa inkunga na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, muri 2002 ari nabwo ryatangiye kumwitirirwa.

Iri ni irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo yo mu bihugu bigize CECAFA aribyo u Rwanda, Uganda, Ethiopia, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo, Tanzania, u Burundi, Djibouti, Somalia, Eritrea na Zanzibar ubusanzwe ibarizwa muri Tanzania.

N’ubwo aya makipe yose aba agomba kwitabira adakunze kwitabira uko bikwiye ariko ni irushanwa rifasha amakipe kurushaho kwitegura amarushanwa Nyafurika dore ko rikinwa mbere y’uko atangira.

Photos:

[fluentform id="3"]