sangiza abandi

Urubanza rwa Kalisa Adolphe ‘Camarade’ rwasubitswe 

sangiza abandi

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwasubitse urubanza rwa Kalisa Adolphe ‘Camarade’ wahoze ari umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ,FERWAFA.

Ni mu  iburanisha ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri 2025.

Urukiko rwatangiye rumumenyesha umwirondoro we, abazwa niba ari we, maze nawe yemera koko ko ari uwe.

Mbere yuko iburanisha ritangira, uwunganira mu mategeko Kalisa Adolphe , Me Bizimana Emmanuel, yahise azamura inzitizi , asaba ko yahabwa umwanya agategura dosiye .

 Me Bizimana Emmanuel yabwiye urukiko ko hari ibitarakunda mu kubona dosiye y’Urubanza birimo email bityo atarabona amakuru ahagije kuri dosiye 

Ubushinjacyaha bumurega icyaha cyo nkunyereza umutungo wa leta  ndetse n’icy’inyandiko  mpimbano .

Mu rukiko, Kalisa yahakanye ibyaha aregwa, agaragaza inzitizi.

Me Bizimana yavuze ko umukiriya we atamenyeshejwe mbere yuko azaburana ndetse ko we yamenyeshejwe ku mugoroba wo kuwa 18 Nzeri 2025.

Yasabye urukiko ko yahabwa iminsi itatu agategura urubanza bityo akazagaruka kuburana tariki ya 29 Nzeri 2025.

Ubushinjacyaha bwavuze  ko kubera ari ubwa mbere kandi impamvu atanga zumvikana bityo butabangamira urukiko.

Icyakora bwagaragaje ko kubera Shampiyona y’Isi y’amagare iri gutegurwa, bigoye kugera ku rukiko, bityo igihe basabye batagihabwa.

Urukiko twafashe icyemezo ko Iburanisha risubikwa, rigashyirwa kuwa Kane tariki ya 25 Nzeri 2025, saa tatu za mu gitondo kugira ngo Kalisa Adolphe abashe gutegura neza dosiye.

Kalisa Adolphe uzwi ku izina rya Camarade, yatawe muri yombi kuwa 4 Nzeri 2025, akurikiranyweho ibyaha birimo nkunyereza umutungo.

Photos:

[fluentform id="3"]