Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, (Rwanda Premier League), rwatangaje uko amakipe azahura mu mikino itangira y’iyi Shampiyona, mu mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Umwaka wa Shampiyona uzatangira ku mugaragaro ku wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, usozwe ku wa 24 Gicurasi 2026.
Nk’uko bigaragara mu ngengabihe yashyizwe ahagaragara, imikino ibanza izakinwa kuva ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri kugeza ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri 2025.
Uko imiko iteganyijwe
Ku wa Gatanu, tariki ya 12 Nzeri 2025, Gorilla FC izakira AS Muhanga ku isaha ya 15:00
Ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Nzeri 2025, Etincelles FC izakira Gasogi United; Bugesera FC yakire Gicumbi FC; Mukura VS yakire Musanze FC , Police FC yakire Rutsiro FC, iyi mikino yose izaba ku isaha ya saa 15:00 na Kiyovu Sports yakire Rayon Sports, umukino utegerejwe cyane ku isaha ya saa 18:30.
Ku Cyumweru, tariki ya 14 Nzeri 2025 AS Kigali izakira Amagaju FC, saa 15:00 naho APR FC yakire Marine FC, ku isaha itaratangazwa.
Uretse ingengabihe y’imikino 30 izakinwa muri iyi shampiyona, inagaragaza igihe k’ibiruhuko n’iminsi y’ibirarane bitewe n’amakipe azaserukira u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga irimo Ikipe y’Igihugu y’Amavubi n’andi makipe azaserukira igihugu.
Uko bigaragara mu ngengabihe, igice cya mbere kizakinwa kuva muri Nzeri 2025 kugeza muri Mutarama 2026, mbere y’uko habaho ikiruhuko gito hanyuma hakakomeza igice cya kabiri kuva muri Mutarama kugeza muri Gicurasi 2026







