sangiza abandi

#Kigali2025: Kigali2025: Mouris Michiel na Arens Megan begukanye ITT y’abato muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

sangiza abandi

Mouris Michiel yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu gusiganwa n’ibihe mu ngimbi zitarengeje imyaka 19

Kuri uyu wa Kabiri, Shampiyona y’Isi y’Amagare yakomeje mu Mujyi wa Kigali, hakinwa umunsi wayo wa gatatu, aho abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 19, bakinnye Individual Time Trial, ITT.

Abahungu basiganwe ku ntera y’ibilometero 22,6 mu gihe bashiki babo bahatanye ku ntera y’ibilometero 18,3, kuva muri BK Arena kugera kuri Kigali Convention Centre.

Ingimbi zitarengeje imyaka 19 zatangiye gusiganwa n’igihe, zibimburiwe na Byusa Pacifique wasoje akoresheje iminota 34 n’amasegonda 34, mu gihe Brian Ishimwe yakoresheje iminota 34 n’amasegonda 59.

Mouris Michiel ukomoka mu Buholandi ni we wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare muri ITT y’abatarengeje imyaka 19 aho yakoresheje iminota 29 n’amasegonda 7.

Yakurikiwe na Barry Ashlin ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika waje ku mwanya wa kabiri n’Umubiligi Van Kerckhove Seff wasoje ku mwanya wa gatatu.

Mouris Michiel yavuze ko yishimiye kwegukana umudali wa zahabu nubwo isiganwa ritari ryoroshye.

Ati “Ni ibintu bitangaje gutsindira hano. Byari bigoye cyane, rwose. Nakoze imyitozo yo gusiganwa n’igihe mbere y’iri siganwa, kandi nari mbizi ko abasiganwa benshi hazabagora. Nagerageje gutangira ntihuta cyane, ariko urugendo rwari rurerure cyane kugera ku musozo, kandi byansabye imbaraga nyinshi cyane.”

Mouris w’imyaka 18 ni we Muholandi wa mbere wakoze aya mateka yo gutwara ITT mu ngimbi muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, ndetse avuga ko ari ishimwe ku ikipe yabo yose.

Abanyarwanda bikomeje kwanga

Umunyarwandakazi Masengesho Yvonne wabimburiye abandi gutangira isiganwa ry’abangavu muri ITT, yasoje isiganwa ku mwanya wa 33 nyuma yo gukoresha iminota 29 n’amasegonda 43.

Undi Munyarwandakazi yari Liliane Uwiringiyimana warangirije ku mwanya wa 40, akoresheje iminota 30 n’amasegonda 58.

Arens Megan ukomoka mu Buhokandi ni we wahembwe umudali wa Zahabu, nyuma yo kwegukana Shampiyona y’Isi y’Amagare mu bakobwa basiganwa n’igihe batarengeje imyaka 19, akoresheje iminota 25 n’amasegonda 47.

Yakurikiwe na Ostiz Taco Paula ukomoka muri Espagne waje ku mwanya wa kabiri na Gissinger Oda Aune ukomoka muri Norway wasoje ku mwanya wa gatatu.

Megan wujuje imyaka 18, nyuma yo kwegukana Umudali wa Zahabu yavuze ko atorohewe no kwitegura iyi Shampiyona bitewe n’uko yari mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye.

Ati “Nagize umwaka urimo ibintu byinshi, kubera ko narangije amashuri yisumbuye muri uyu mwaka. Rero nari mfite ibizamini byinshi, rwose ntabwo byari byoroshye.”

“Bisobanuye rero ko ntabonye umwanya wo kwitoza nk’abandi, ariko nagerageje guha umwanya cyane gusiganwa n’igihe kubera ko byo bidasaba imyitozo myinshi. Rero ndatekereza ko yari imyitozo myiza itanga ibi.”

Kugeza ubu Arens Megan wegukanye iyi Shampiyona nta kipe afite, ni mu gihe Ostiz Taco Paula yamaze kwemezwa ko azinjira mu ikipe y’abagore ya Movistar yo muri Espagne naho Gissinger Oda Aune azakomereza mu ikipe ya Coop-Repsol yo muri Norway.

Shampiyona y’Isi y’Amagare izakomeza ku wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, ubwo amakipe avanze [abagabo n’abagore] azaba asiganwa n’igihe.

AMAFOTO: Arens Megan wins 2025 UCI Cycling World Championships – Road – Women U219 Individual Time Trial | Kigali, 23 September 2025 | Flickr

Photos:

Photos: Nsengiyumva Jean Claude

[fluentform id="3"]