sangiza abandi

Michael Sarpong wakiniye Rayon Sports yambitse impeta umukunzi we

sangiza abandi

Rutahizamu w’umunya Ghana, Michael Sarpong, wakiniye ikipe ya Rayon Sports, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we Tierra Wright.

Uyu mukinnyi yifashishije urukuta rwe rwa Instagram yasangije abamukurikira amafoto aterera ivi uyu mukobwa usanzwe utuye Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yayaherekeresheje ubutumwa bwuzuye amarangamutima.

Ati” Ndikumwe nawe ntabwo nabonye urukundo gusa, ahubwo nabonye umwuganizi, inshuti, umukunzi, ndetse n’urugo rw’iteka mu mutima wanjye.”

Tierra Wright witegura kurushinga na Michael Sarpong afite imyaka 31 y’amavuko akaba akora ibijyanye no gutunganya imisatsi y’abagore n’abakobwa (Hairstyling) aho afite salon yitwa The Wright Beauty, iherereye mu Mujyi wa Atlanta.

Michael  Sarpong , yamenyekanye cyane ubwo yari rutahizamu wa Rayon Sports hagati y’umwaka w’i 2018-2020, aza gutandukana n’iyi kipe kubera imyitwarire itanoze.

Yakiniye andi makipe anyuranye arimo AS Kigali, Young Africans yo muri Tanzania n’ikipe ya Medeama SC yo mu cyiciro cya mbere cya Shampiyona yo muri Ghana, ari nayo agikinira uyu munsi.

Uyu musore ukomoka ku babyeyi bombi b’Abanya-Ghana yari yaragiye avugwa kenshi mu nkundo n’Abanyarwandakazi barimo Miss Amandah Isimbi, Asinah n’abandi.

Sarpong yambitse impeta umukunzi we

Sarpong yakanyujijeho muri Rayon Sports

Photos:

[fluentform id="3"]