sangiza abandi

Kabila uherutse gukatirwa urwo gupfa yatumije inama y’abatavuga rumwe na Tshisekedi

sangiza abandi

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Joseph Kabila, nyuma y’uko Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa Kinshasa rumukatiye urwo gupfa, yatumije inama y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi.

Joseph Kabila yari amaze igihe acecetse, muri icyo gihe ninaho yakatiwe n’urukiko rwa Kinshasa atari mu rukiko, ashinjwa ibyaha birimo ubugambanyi n’ibyaha by’intambara.

Amakuru aturuka muri Jeune Afrique avuga ko Kabila yatumiye bamwe mu batavuga rumwe na Perezida Félix Tshisekedi mu nama igomba kubera i Nairobi muri Kenya kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Ukwakira.

Iyi nama ngo yaba igamije gushinga uruhande rushya rwa politiki rwo kurwanya ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, mu gihe RDC yugarijwe n’umutekano muke n’imibanire irimo igitotsi n’ibihugu bituranye birimo u Rwanda na Uganda.

Mu batumiwe, harimo amazina akomeye nka Matata Ponyo Mapon wahoze ari Minisitiri w’Intebe ariko ubu akaba ari mu buhungiro, Seth Kikuni wiyamamaje mu matora ya 2023, ndetse n’abandi bayobozi bigeze kuba hafi ya Kabila mu gihe cye nka Nehemie Mwilanya, Raymond Tshibanda, José Makila, na Richard Muyej.

Nubwo bimeze bityo hari bamwe mu banyapolitiki Kabila yifuzaga guhuza nabo ariko ntibabyakira neza barimo nka Moïse Katumbi, uyoboye ishyaka Ensemble pour la République, wemeje ko atazitabira, na Martin Fayulu watangaje ko n’ ubutumire atigeze abubona.

Ibi kandi biri kuba mu gihe RDC iri mu biganiro bitandukanye bigamije kugarura amahoro birimo ibiyihuza n’u Rwanda bibera i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibiyihuza n’ihurire rya AFC/M23 bibera i Doha muri Qatar.

Photos:

[fluentform id="3"]