Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Guinée-Conakry.
Umukuru w’Igihugu yageze muri yageze muri Guinée-Conakry, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 11 Ugushyingo 2025, aho yitabiriye inama ya TAS, Transform Africa Summit, itegurwa n’Umuryango Smart Africa Alliance.
Biteganyijwe kandi ko abakuru b’ibuhugu byombi bazaba bari kumwe mu gutangiza inama ku iterambere ry’Ikorabuhanga muri Afurika izwi nka Transform Africa Summit, itegurwa n’Umuryango Smart Africa Alliance.
U Rwanda na Guinée-Conakry ni ibihugu bifitanye umubano ukomeye byumwihariko ushingiye ku bufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubukerarugendo, ubucuruzi, imicungire ya leta, n’ibindi.
Uyu mubano kandi ushingira ku ngendo abakuru b’ibihugu byombi bagiye bagirana mu bihe bitandukanye, aho muri Mutarama 2024, Perezida Doumbouya yitabiriye irahira rya Perezida Kagame, ryabereye muri Stade Amahoro.
Muri Mata 2023, Perezida Kagame nawe yari yasuye Guiné-Conakry, mu ruzinduko rwari rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Muri Gicurasi uyu mwaka, Brig Gén Mamadi Doumbouya yongera kugirira uruzinduko mu Rwanda rw’iminsi itatu, narwo rwari rugamije gushimangira umubano w’ibihugu byombi.









