Al Hilal SC yo muri Sudan ikina Shampiyona y’u Rwanda 2025/26, yanganyije na RS Berkane igitego 1-1 mu mukino ubanza wa 1/4 cya CAF Champions League wabereye muri Maroc mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 14 Werurwe 2026.
N’ubwo iyi kipe yanganyije uyu mukino, yashoboraga kuwutsinda nyuma y’igitego yabonye hakiri kare cyatsinzwe na Omer Taha ku munota wa 13, igasoza iminota 90 ikiyoboye, ariko iminota y’inyongera ikayibera mibi.
Bari mu minota 6 y’inyongera, myugariro wa Al Hilal Steven Ebuela yakoreye ikosa mu rubuga rw’amahina ahabwa ikarita itukura nyuma yo kureba kuri VAR ,ndetse ikipe ya RS Berkane ihita ihabwa Penaliti yinjijwe neza na Chouiar.
Ibi byahise byica imibare y’aba banya Sudani kuko ntibari bakabonye impamba bagarukana i Kigali icyakora batahanye igitego cyo hanze.
Bakomwe mu nkokora n’iyi penaliti ndetse n’ikarita y’umutuku n’ubwo bamwe mu bakurikiye umukino bavuga ko yaba yakozwe mu mufuka. Ni ikarita ya 4 y’umutuku kuri Al Hilal muri CAF Champions League 2025-2026.
Ni mugihe igitego rukumbi Omer Taha yayitsindiye cyabaye igitego cye cya 5 muri iyi Champions League.
Umukino wo kwishyura uzabera i Kigali muri Stade Amahoro ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026, aho Al Hilal isabwa gutsinda, cyangwa kunganya ibitego bitarenze 1-1.






