sangiza abandi

Perezida Kagame yijeje Abayisilamu gusuzuma isubizwaho rya Adhan ya mu gitondo

sangiza abandi

Perezida Paul Kagame yemereye Abayisilamu kongera gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare ‘Adhan’, hifashishijwe indangururamajwi nk’uko byahoze.

Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro cyamuhuje n’Abayisilamu bo mu Rwanda cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa 26 Werurwe 2026.

Yabibemereye nyuma y’uko yari abajijwe ikibazo n’Umuyisilamukazi wari witabiriye ibi biganiro aho yavuze ko kuba Adhan idakorwa bibangamye kuko bituma badasenga neza uko bikwiriye.

Uyu musiramukazi yagize ati “ Perezida wacu rwose n’ubwo tutabwiwe impamvu ariko  mudufashije umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo ugasubiraho byadufasha gusengera hamwe twese kandi tugasenga amasengesho yuzuye nk’uko Islam ibitegeka”.

Mu kumusubiza Perezida Kagame yavuze ko atari ibintu bigoye ndetse ko bigiye gusuzumwa bikongera bikajya bikorwa nk’uko byari bisanzweho mbere yongeraho ko atumva impamvu byakuweho kuko amasaha bikorwa ariyo meza yo kubyukiraho.

Yagize ati “Ubundi ariya ni yo masaha yo gukanguka. Mutinya ababakangura mu gitondo? Ababishinzwe icyo kibazo muze kukigaho.”

Ubusanzwe buri mbere y’isengesho ry’Abayisilamu habaho umuhamagaro ‘Adhan’ wibutsa abayoboke b’Idini ya Islam cyane cyane abatuye kure y’umusigiti ko isaha yo gusenga igeze ariko umuhamagaro wa mu gitondo umaze imyaka igera kuri ine udakorwa hakoreshejwe indangururamajwi.

Muri Werurwe 2022 Polisi yatangaje ko uyu muhamagaro uteza urusaku, bityo irawuhagarika, ivuga ko amasengesho ya mu gitondo yo atabujijwe.

Polisi yavugaga ko guhagarika Adhan bikurikije itegeko rivuga ko iyo hari ibikorwa biteza urusaku rubangamira abaturage bihagarikwa nk’uko biteganywa mu itegeko nomero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 mu ngingo yaryo ya 267. 

Ni muri urwo rwego imisigiti yo mu Rwanda yabujijwe kongera gutambutsa umuhamagaro wa mu gitondo ngo kuko uteza urusaku.

Isengesho rya mu gitondo ni rimwe mu  mamasengesho atanu aba agomba gusengwa n’Abayisilamu ku munsi, ibi bikaba biri mu bigize inkingi eshanu z’ukwemera kwabo.

Perezida kagame yijeje Abayisilamu kongera gusubizaho Adhan ya mu gitondo yari yarakuweho
Abayisilamu baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu bari bahuriye muri BK Arena kuganira na Perezida Kagame

Photos:

Photos: RBA

[fluentform id="3"]