Ikipe ya Kepler BBC yatsinze ikipe ya RSSB Tigers BBC amanota 77-73 naho APR BBC itsinda Inspired Generation amanota 121-38 mu mikino y’umunsi wa 13 wa Shampiyona y’u Rwanda ya basketball y’icyiciro cya mbere yakinwe kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Nyakanga 2026.
Iyi mikino yombi yabereye muri Petit Stade i Remera yatangiye saa 18:30 z’umugoroba aho Inspired Generation yari yarazamutse mu cyiciro cya mbere muri uyu mwaka yakinaga na APR BBC.
Uyu mukino warangiye APR BBC yitwaye neza itsinda amanota 121-38 nyuma yo kwitwara neza kwa Israel Otobo watsinze amanota 20 muri uyu mukino, akora rebounds 20, atanga imipira ibiri yavuyemo amanota (Assist), akora ibihomo 2 (Blocks) ndetse yambura umupira inshuro 3 (Steal).
Mu bandi bakinnyi ba APR BBC bitwaye neza muri uyu mukino barimo Mukama Jean Victor watsinze amanota 18, Uwitonze Justin watsinze amanota 16, na Isaiah Briscoe watsinze amanota 14.
Uyu wari umukino wa 13 muri Shampiyona kuri APR BBC y’umutoza James Edwards Maye Jr naho ku ruhande rwa Inspired Generation y’umutoza Duke Efufa wari umukino wa 16 ari nawo wa nyuma kuri yo muri Shampiyona.
Inspired Generation irangije imikino yayo ari iya nyuma mu buryo budasubirwaho n’amanota 16, ntamukino n’umwe itsinze, yatsinze amanota 889, itsindwa amanota 1583, bivuze ko igiye gusubira mu cyiciro cya kabiri ifite umwenda w’amanota 694.
Amikoro yabaye imbogamizi nyamukuru ku ikipe ya Inspired Generation kuko yaranzwe no kugira abakinnyi bacye ndetse no kutabasha kugura abakinnyi bo guhangana ku rwego rwa Shampiyona nk’uko ikipe ya EAUR BBC zari zazamukanye mu cyiciro cya mbere yari yabigenje, kuri ubu ikaba imaze gutsinda imikino 5 muri 14 ndetse ikaba ifite icyizere cyo kuguma mu cyiciro cya mbere.
Undi mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu ari nawo warutegerejwe na benshi, ni umukino wahuje Kepler BBC n’ikipe ya RSSB Tigers iherutse kwegukana igikombe cya BAL gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika.
Uyu mukino watangiye ikipe ya RSSB Tigers igenda imbere ya Kepler BBC ibasha no kwitwara neza mu gace ka mbere itsinda amanota 20-16, ndetse ikomeza no ndetse n’ubwo mu gace ka kabiri yatsinzwe amanota 22-21 ntabwo byari bihagije ngo Kepler BBC iyiceho kuko amakipe yagiye kuruhuka nyuma y’igice cya mbere RSSB Tigers iyoboye umukino n’amanota 41-38.
Mu gace ka gatatu k’umukino nibwo ibintu byose byahindutse maze Kepler BBC ifata umukino irawuyobora nyuma yo kurangiza aka gace itsinze amanota 18 mu gihe RSSB Tigers BBC yagatsinzemo amanota 12, aka gace karangiye Kepler BBC iyoboye umukino n’amanota 56-53 ndetse aka gace ni nako kafashije Kepler BBC gutsinda uyu mukino.
Mu gace ka kane Kepler BBC yarwanye n’uko RSSB Tigers itakuramo ikinyuranyo yari yashyizemo cy’amanota 3 ndetse ni nako byagenze kuko aka gace karangiye RSSB Tigers itsinze amanota 20 naho Kepler BBC itsinze 21 biha Kepler BBC gutsinda uyu mukino n’amanota 77-73.
Amanota ya Kepler BBC arengaho 1/2 yatsinzwe n’abakinnyi bayo b’abanyamahanga Chad Bowie Jordan na Newby Jabulani Jabari batsinze amanota 20 buri wese.
Kugeza ubu urutonde rwa Shampiyona ruyobowe na APR BBC imaze gukina imikino 13 n’amanota 25, Patriots BBC ni iya kabiri n’amanota 25 mu mikino 14, REG BBC ni iya gatatu n’amanota 23 mu mikino 13, UGB ni iya kane n’amanota 21 mu mikino 14, Kepler BBC ni iya gatanu n’amanota 20 mu mikino 14, RSSB Tigers BBC ni iya gatandatu n’amanota 19 mu mikino 11, EAUR BBC ni iya karindwi n’amanota 19 mu mikino 14, AZOMCO BBC ni iya munani n’amanota 18 mu mikino 15 naho Inspired Generation ni iya nyuma n’amanota 16 mu mikino 16.
Imikino ya Shampiyona y’u Rwanda ya baskeball izakomeza ku Cyumweru tariki 12 Nyakanga 2026 hakinwa imikino 3 izahuza Kepler BBC na EAUR BBC saa 15:30, RSSB Tigers BBC na UGB saa 18:00 naho REG BBC ikine na Patriots BBC saa 20:30, biteganyijwe ko iyi mikino yose izabera muri Petit Stade i Remera.








