sangiza abandi

Djibril Outtara yagizwe kapiteni wa APR FC

sangiza abandi

Umunya-Burkina Faso Cheick Djirbil Outtara yagizwe kapiteni wa APR FC asimbuye Niyomugabo Claude wamaze gutandukana n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu asoje amasezerano ye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2026 nibwo ikipe ya APR FC yatangaje ko rutahizamu Outtara ariwe kapiteni mushya nyuma y’umwaka n’igice amaze muri iyi kipe.

Outtara asimbuye Niyomugabo wariwyarahawe igitambaro cya kapiteni mu Ukuboza 2023 asimbuye Omborenga Fitina.

Cheick Djirbil Outtara azungirizwa n’umugande Ronald Ssekiganda nka kapiteni wungirije wa mbere mu gihe kapiteni wungirije wa kabiri ari Nshimiyimana Yunusu uherutse kongera amasezerano y’imyaka ibiri ari muri iyi kipe.

Cheick Djirbil Outtara yageze muri APR FC muri Mutarama 2025 nyuma yo gutandukana na JS Kabylie yo muri Algeria.

Outtara yageze muri APR FC Shampiyona igeze hagati ariko yarigaragaje atsinda ibitego 12 mu mikino 10 ya Shampiyona yakinnye, bimugira umukinnyi wa kabiri watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya 2024/25 inyuma ya Umar Abba wari watsinze ibitego 13.

Cheick Djirbil Outtara yafashije APR FC kwitwara neza yegukana Igikombe cya Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro.

Muri uyu mwaka w’imikino urangiye wa 2025/26, Cheick Djirbil Outtara yongeye kwitwara neza afasha APR FC gutwara ibikombe bitatu birimo Igikombe cya Shampiyona mu makipe yo mu Rwanda, BK Pro League National Championship, kuko igikombe muri rusange cyegukanwe na Al Hilal SC Omdurman yo muri Sudani, Igikombe cy’Amahoro ndetse n’Igikombe kiruta ibindi, FERWAFA Super Cup.

Cheick Djirbil Outtara yatsindiye APR FC ibitego 18 muri Shampiyona bimugira umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ndetse yari mu bakinnyi 5 bahataniraga igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri Shampiyona ya 2025/26 cyegukanwe n’umurundi Girumugisha Jean Claude.

Photos:

[fluentform id="3"]