sangiza abandi

Rayon Sports WFC yasinyishije umuzamu mushya

sangiza abandi

Ikipe ya Rayon Sports y’abagore yamaze gusinyisha umuzamu Khwaka Valentine ukomoka muri Kenya wakiniraga ikipe ya Mathare United yo muri Kenya iwabo.

Khwaka Valentine aherutse gufasha ikipe ya Mathare United yakiniraga kuzamuka mu cyiciro cya mbere muri Kenya nyuma yo kumara imikino 19 mu mikino 21 ya Shampiyona atinjizwa igitego, ndetse umwaka w’imikino ukarangira yinjijwe ibitego bitatu gusa.

Umwaka ushize wa 2025, Khwaka yegukanye igihembo cy’umuzamu mwiza mu irushanwa rya Empower Mchezaji ryari rikinwe bwa mbere.

Khwaka asanze Rayon Sports y’umutoza Rwaka Claude ifite abandi bazamu barimo Ndakimana Angeline usanzwe ari umuzamu wa mbere na Umutoni Raissa.

N’ubwo Khwaka yatangajwe nk’umukinnyi wa Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri ariko yari yarumvikanye n’iyi kipe cyera kuko yari no ku rutonde rw’abakinnyi bagombaga kwerekanwa kuri ‘Rayon Day’ yabaye tariki 18 Nyakanga 2026 muri Kigali Pele Stadium.

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje imyitozo ku kibuga cya Skol cyo mu Nzove yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27 ariko by’umwihariko imikino yo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League mu gice cya Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati, CECAFA.

Iyi mikino ya CECAFA y’abagore izabera mu Rwanda kuva tariki 21 Kanama kugeza tariki 5 Nzeri 2026 ndetse kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2026 hategerejwe tombora y’uko amakipe azahura muri iyi mikino izabera mu cyumba cy’inama muri Sitade Amahoro.

Umwaka ushize wa 2025, Rayon Sports yagarukiye ku mwamba yenda kujya muri CAF Women’s Champions League nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma na JKT yo muri Tanzania.

Khwaka Valentine yasinyishijwe nk’umuzamu mushya wa Rayon Sports y’abagore

Photos:

[fluentform id="3"]