Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2026, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), Eng. Maximilien Byilingiro ndetse n’ubuyobozi bw’amakipe ya basketball ya REG basuye amakipe ya basketball ya REG mu bagore n’abagabo akomeje imyitozo yitegura imikino ya kamarampaka.
Ubuyobozi bwa REG bwasuye aya makipe aho akorera imyitozo muri Gymnase yayo iri muri Ecole Technique St Joseph de Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bwasuye aya makipe mu rwego rwo kuyatera ingabo mu bitugu ngo azitware neza mu mikino ya kamarampaka.
Ikipe ya REG BBC mu bagabo y’umutoza Odaudu Ogoh izahura n’ikipe ya Patriots BBC muri 1/2 cy’imikino ya kamarampaka nyuma yo kurangiza ari iya gatatu ku rutonde rw’imikino isanzwe (Regular Season) ya Shampiyona.
Imikino ya kamarampaka izatangira tariki 5 Kanama 2026.
Umwaka ushize ikipe ya REG BBC yari yatsindiwe ku mukino wa nyuma n’ikipe ya APR BBC, ikaba iheruka kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda muri 2022, ari nabwo iheruka muri BAL.
Mu cyiciro cy’abagore, REG W BBC y’umutoza Mukaneza Esperance yarangije imikino isanzwe ya Shampiyona iri ku mwanya wa mbere, bivuze ko izahura na The Hoops yabaye iya kane ku rutonde rwa Shampiyona muri 1/2.
REG W BBC yarangije imikino isanzwe ya Shampiyona idatsinzwe umukino n’umwe ni nayo ifite ibikombe bibiri biheruka harimo n’icyo yatwaye umwaka ushize itsinze Kepler W BBC ku mukino wa nyuma.
















