Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Joy-Lance Mickels, yafashije ikipe ye ya Sabah FK yo muri Azerbaijan kugera mu ijonjora rya kane ari naryo rya nyuma igahita ijya muri UEFA Champions League.
Mu mukino Sabah FK yakiriyemo AGF yo muri Denmark kuri Bank Respublika Arena, Joy-Lance Mickels yatanze umupira wavuyemo igitego ndetse atsinda n’igitego cya gatatu cyo ku munota wa 78 mu bitego 4-0 Sabah FK yatsinze.
Iyi ntsinzi yatumye Sabah FK ihita ikomeza mu cyiciro gikurikiyeho n’igiteranyo cy’ibitego 5-2 kuko mu mukino ubanza wabereye muri Denmark AGF yari yatsinze ibitego 2-1.
Mu mukino w’ijonjora rya kabiri n’ubundi Joy-Lance Mickels yari yatsinze igitego ubwo basezerera ikipe ya Kuopion Palloseura yo muri Finland ku giteranyo cy’ibitego 3-0.
Nyuma yo kurenga iki cyiciro, Sabah FK yatwaye igikombe cya Shampiyona yo muri Azerbaijan izahura na Hapoel Be’er Sheva F.C yo muri Israel aho umukino ubanza uzaba tariki 19 Kanama 2026 naho umukino wo kwishyura uzabera muri Azerbaijan uzakinwa tariki 25 Kanama 2026.
Sabah FK irasabwa kuzitwara neza igasezerera Hapoel Be’er Sheva F.C kugira ngo ijye muri UEFA Champions League, ariko n’iyo yasezererwa izahita ijya muri UEFA Europa League.
Muri iki cyiciro Sabah FK hasigayemo amakipe 14 bivuze ko hari imikino 7, amakipe azitwara neza muri iyi mikino azahita ajya muri UEFA Champions League naho azatsindwa ahite ajya muri UEFA Europa League.
Kugeza ubu amakipe 29 niyo yamaze kubona itike ya UEFA Champions League, hakaba habura amakipe 7 azava muri iyi mikino y’ijonjora kugira ngo amakipe 36 yuzure.








