sangiza abandi

Handball: Umunyarwanda yaje mu bakinnyi bitwaye neza mu gikombe cya Afurika cya U-20

sangiza abandi

Habumugisha Dieudonne w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’ingimbi 8 yahize abandi bakinnyi mu gikombe cya Afurika cya handball cy’abatarengeje imyaka 20 cyaberaga muri Côte d’Ivoire nk’uwatanza imipira myinshi yavuyemo ibitego.

Habumugisha yatanze imipira 32 yavuyemo ibitego, ahiga abandi barimo umunya-Misiri Youssef Laoloua n’umunya-Nigeria Faruk Kareem batanze 29 buri umwe.

Habumugisha Dieudonne yahize abandi mu gutanga imipira myinshi yavuyemo ibitego mu gikombe cya Afurika

Ku wa Gatandatu tariki 12 Nzeri 2026 nibwo hasojwe ku mugaragaro igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 cyaberaga i Abidjan muri Côte d’Ivoire.

Iki gikombe byarangiye cyegukanwe na Misiri nyuma yo gutsinda Tunisia ibitego 31-29, kiba igikombe cya 4 itwaye yikurikiranya, kiba icya 15 itwaye muri rusange mu nshuro 33 kimaze gukinwa.

Ikipe y’u Rwanda yasoreje ku mwanya wa 8 mu makipe 16, mu gihe amakipe 5 ya mbere yahise abona itike y’igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 21 kizabera muri Macedonia y’Amajyaruguru mu mpeshyi y’umwaka utaha.

Urutonde rw’uko amakipe yakurikiranye

Nyuma y’uko urugendo rw’abatarengeje imyaka 20 rurangiye, ubu hakurikiyeho igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 kizakinwa kuva tariki 15 kugeza 22 Nzeri 2026, n’ubundi kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire.

Ikipe y’u Rwanda yamaze kugerayo yitegura iki gikombe kizaba gikinwa ku nshuro ya 22, ikaba iri mu itsinda C hamwe na Maroc na Libya.

Photos:

[fluentform id="3"]