sangiza abandi

AFC/M23 na Leta ya Congo bemeranyije guhererekanya imfungwa

sangiza abandi

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro rya AFC/M23 bemeranyije guhererekanya imfungwa nk’intambwe mu guhosha umwuka mubi uri hagati y’impande zombi.

Ni ibikubiye mu masezerano yasinywe hagati y’impande zombi ahagarariwe na Leta ya Qatar, isanzwe iyobora ibiganiro bigamije kugarura amahoro n’umutekano hagati ya Leta ya RDC n’Ihuriro rya AFC/M23.

Iki gikorwa cyo guhererekanya imfungwa hagati y’impande zombi, bazagifashwamo na Komite Mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge, aho izabafasha mu kubarura no kumenya imyirondoro y’imfungwa zose, no gukurikirana ko ibikorwa birimo gufungura no kuzihererekanya bikorwa mu mutekano.

Umujyanama Mukuru wa Amerika ku bijyanye na Afurika, Massad Boulos, kuri uyu wa Gatanu, yifashishije urubuga rwa X, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika,zinejejwe n’iyi ntambwe yatewe hagati ya Leta ya RDC na AFC/M23.

Massad Boulos yashimye cyane uruhare rwa Leta Qatar ku bufatanye na Croix Rouge, mu guharanira kugarura amahoro hagati ya Leta ya Congo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwayo.

Muri Nyakanga uyu mwaka, impande zombi mu gikorwa cyabereye i Doha muri Qatar, zari zasinye amahame azagenderwaho mu masezerano yo guhosha intambara no kugarura amahoro arambye n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC.

Icyo gihe impande zombi zari zemeranyije guhagarika intambara no gufungura imfungwa za AFC/M23 zafungiwe i Kinshasa, ndetse hemejwe ko ibiganiro bizakomeza kubera i Doha biganisha ku isinywa rya burundu ry’amasezerano y’amahoro.

Gusa ibi ntibyaje kugerwaho, bitewe n’impamvu zirimo kutubahiriza agahenge, aho AFC/M23 yakomeje gushinga Leta ya Congo kohereza abandi barwanyi mu bice ingenzura byo mu Burasirazuba bwa RDC.

Ku rundi ruhande leta ya Congo nayo igashinja AFC/M23 gukomeza kwigarura ibindi bice.

Photos:

[fluentform id="3"]