Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko ryashyikirije komite mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) abasirikare barenga 5,000 b’ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bafatiwe mu mirwano ibera mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Ibi byatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, aho yavuze ko iki gikorwa cyabaye ku itariki ya 02/03/2026, kibera mu kigo cya Rugamangabo giherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko byasobanuwe muri iryo tangazo, aba basirikare bashyikirijwe Croix-Rouge bahise batwarwa berekeza i Kinshasa, umurwa mukuru wa RDC, mu gikorwa cyari kiyobowe kandi kigakurikiranwa n’iyo miryango mpuzamahanga igamije ubutabazi no gufasha abagizweho ingaruka n’intambara.
AFC/M23 yavuze ko iki cyemezo ari igikorwa cy’ubutabazi n’ubumuntu, kigamije kugabanya umwuka mubi uri hagati y’impande zihanganye ndetse no kubahiriza amategeko mpuzamahanga agenga imyitwarire mu bihe by’intambara.
Gushyikiriza Croix-Rouge aba basirikare bije mu rwego rwa gahunda nini yo guhana imfungwa z’intambara hagati ya Leta ya RDC n’umutwe wa AFC/M23 nkuko byemejwe mu masezerano ya Doha.
Iyi gahunda yatangiye gutegurwa kuva mu kwezi kwa Cyenda 2025, aho Croix-Rouge yahawe inshingano zo kugenzura no kuyobora ibikorwa byo kurekura abafashwe mpiri ku mpande zombi mu rwego rwo kubaka icyizere hagati y’abahanganye.
Mu rwego rw’iyi gahunda, AFC/M23 yatangaje ko itegereje ko Leta ya RDC nayo irekura abasirikare n’abayoboke bayo barenga 700 bafungiwe mu magereza atandukanye ya Congo bashinjwa kugira uruhare muri iyi ntambara.
Nubwo AFC/M23 ivuga ko ibikorwa nk’ibi byerekana ubushake bwo kubaka icyizere no kugabanya ubushyamirane, yanashinje Leta ya Kinshasa kudakurikiza ibyo bumvikanyeho.
Iri tangazo ryashimangiye ko ubuyobozi bwa RDC butaremera kurekura imfungwa zifitanye isano na AFC/M23, ndetse rikanashinja ingabo za Leta gukomeza ibikorwa bya gisirikare ku birindiro by’uwo mutwe nubwo hari ibiganiro byo guhagarika imirwano.
AFC/M23 yanahamagariye abahuza n’ibihugu by’inshuti gukurikirana hafi ibyo ivuga ko ari ukutubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano bikorwa n’ubuyobozi bwa Perezida Félix Tshisekedi.
Abakurikiranira hafi ibibera muri RDC bavuga ko kurekura abasirikare bafashwe mpiri barenga 5,000 bishobora kuba intambwe ikomeye mu rugendo rwo kugabanya ubushyamirane, nubwo hakiri inzitizi nyinshi zishobora kudindiza inzira y’amahoro arambye muri aka karere.





