Al Hilal Omdourman yanyagiye Rayon Sports FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona y’u Rwanda .
Ni mu mukino wabereye muri Stade Amahoro, ku mugoroba wo ku wa 17 Mutarama 2026.
Ni umukino utitabiriwe kuko muri Stade hari abafana bake cyane bitandukanye nuko bisanzwe mu mikino ya Rayon Sports.
Mbere y’uyu mukino Al Hilal SC yari iri ku mwanya wa 2 n’amanota 32, mu gihe Rayon Sports FC yari iri ku mwanya wa 9 n’amanota 24.
Izi kipe zombi zari zimaze gukina imikino ingana 14.
Rulisa Patience Fidele niwe wahawe gukiranura aya makipe nk’umusifuzi wo hagati, aho yari yungirijwe na Maniragaba Valery ndetse na Niyomwungeri Remy Muvunyi.
Dushimimana Eric niwe musifuzi wa Kane mu gihe Komiseri w’umukino yari Nduwumwami Jean Alpha.
Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Maurice Jean Ferry, yongeye kugirira ikizere abanyamahanga batanu, basinyiye iyi kipe muri Mutarama.
Bruno yari yakoze impinduka ebyiri ku bakinnyi babanjemo mu mukino uheruka batsinzwemo na APR FC 4-1, kuko umuzamu Kwizera Olivier ntiyaribanjemo, yasimbuwe na Habimana Yves.
Ni mu gihe Tambwe Gloire wari umaze igihe mu mvune nawe yari yagarutse mu kibuga.
Ku batagaragaye harimo Ndikumana Asman , kubera ibibano yahawe, Bigirimana Abedi umaze igihe mu mvune, na Fall Ngagne utarakira neza.
Ku ruhande rwa Al Hilal, umutoza Laurentiu Aurelian, yari yabanje hanze abasore nka Girumugisha na Emmanuel Flomo basanzwe bashyushya ubusatirizi bw’iyi kipe yo muri Sudani.
Mbere yuko umukino utangira, hafashwe umunota wo kwibuka Dr Mugemana Charles wahoze ari umuganga wa Rayon Sports uherutse kwitaba Imana.
Al Hilal yatangiye ihanahana mu kibuga hagati ari nako ishaka uko yinjira mu rubuga rw’amahina.
Ku munota wa Gatandatu ,Serumogo Ali yari ananiwe gukuraho umupira imbere y’urubuga rwe, Abderlazig Taha arawumwambura, ashatse kugana ku izamu, Ramazani Tshimanga aratabara.
Ku munota wa 10, Al Hilal yafunguye amazamu, ku mupira wari uvuye muri koruneri, winjizwa na Elhadji Kane nyuma y’uburangare bw’ubwugarizi bwa Rayon Sports.
Ubwo iki gitego cyajyagamo, byasaga nk’aho abakinnyi benshi ba Al-Hilal baraririye, ariko umusifuzi wo ku ruhande ntabyo yagaragaje.
Rayon Sports yakinaga yifashisha impande zayo ishaka kwishyura igitego ariko imipira yoherezwa mu rubuga rw’amahina yose ikaba miremire cyane kuri ba rutahizamu bayo.
Ku munota wa 30, abafana bahagurutse bakomera amashyi Dr Mugemana Charles witabye Imana, nk’ikimenyetso cyo guha agaciro imyaka 30 yamaze akorera Rayon Sports.
Iminota 45 y’umukino yarangiye nta buryo bukomeye Rayon Sports iremye, umusifuzi wa kane Dushimimana Eric yerekana iminota itatu y’inyongera nayo irangiye amakipe yombi ajya kuruhuka Al Hilal iyoboye n’igitego 1-0.
Mu gice cya kabiri, Al Hilal yakoze impinduka, aho Salah Eldin yasimbuwe na Ousmane Diouf, mu gihe Jean Claude Girumugisha yasimbuye Ernest Luzolo.
Ku munota wa 49 Adama Coulibali yinjiye mu rubuga rw’amahina rwa Rayon Sports, agiye gutera mu izamu umunyezamu Mugisha Yves arasohoka aratabara.
Ku munota wa 51,Rutahizamu wa Rayon Sports ukina anyuze mu mpande, Sindi Paul, yazamukanye umupira wenyine ateye mu izamu ishoti rijya hanze.
Ku munota wa 55, Jean Claude Girumugisha yatsinze igitego cya kabiri cya Al Hilal, asize ba myugaruro ba Rayon Sports, ashyira mu rushundura.
Bidatinze ku munota wa 59, Abdelrazig Taha wari witwaye neza muri uyu mukino yatsinze igitego cya gatatu nyuma ku mupira yahawe na Adama Coulibali.
Rayon Sports FC yahise ikora impinduka Serumogo Ali aha umwanya Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’ mu bwugarizi ari nawe wahise wambara igitambaro cya kapiteni.
Al Hilal yakomeje gusatira ishaka igitego cya kane. Ku munota wa 71, Elhadj Kane yateye umupira uremereye mu izamu, Mugisha Yves arirambura awushyira muri koruneri.
Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yongeye gukora impinduka akura mu kibuga Sindi Paul na Tony Kitoga ashyiramo Ishimwe Fiston na Pascal Iradukunda.
Ku munota wa 82 Rayon Sports yagerageje uburyo ariko Umunyezamu wa Al Hilal SC, Farid Soufiane akuramo umupira wari wabazwe wari utewe na Joackim Bienvenue Vigninou.
Rayon Sports yakomeje kubura aho imenera ngo ishake igitego. Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye hongerwaho itanu.
Muri iyi minota y’inyongera, Al Hilal yatsinze igitego cya kane, cyatsinzwe na Girumugisha Jean Claude.
Umukino warangiye Al Hilal inyagiye Rayon Sports ibitego 4-0 .
Abakunzi ba Rayon Sports bongeye kubabara nyuma yo gutsindwa ibi bitego bisanga ibindi 4-1 baheruka gutsindwa na APR . Bagaragaje agahinda kabo baririmba bati ‘nta mutoza dufite’. Barongera bati ” turabirambiwe”.
Baririmbye kandi izina ‘Asman’ bagaragaza ko batishimiye ibihano arimo bituma adakina.
Al Hilal SC iraye ku mwanya wa 1 n’amanota 35 irusha Police ivanye kuri uwo mwanya inota mu gihe Rayon Sports FC iri ku mwanya wa 9 n’amanota 24.
Nubwo aya makipe ari ubwa mbere yari ahuye muri Shampiyona, yaherukaga guhura ubwo yari mu irushanwa rya CAF Champions league mu mwaka wa 2019/2020, amakipe yombi yanganyije 1-1 i Kigali ndetse anganya 0-0 muri Sudani.
Yanahuye kandi mu ijonjora rya mbere rya African Winners Cup mu 1994, Al Hilal isezerera Rayon Sports ku bitego 4-2, aho mu mukino ubanza Gikundiro yayitsindiye iwayo 1-0 ariko i Kigali Al Hilal igatsinda 4-1.
Muri rusange, mu marushanwa yose, iyi yari inshuro ya Gatanu aya makipe ahuye, Al Hilal ikaba itsinzemo imikino ibiri, mu gihe zanganyije ebyiri Rayon Sports igatsinda rimwe.
Undi mukino wo kwitega ni uzahuza APR FC na Al Merreikh dore ko aya makipe yose yegereranye ku rutonde












