sangiza abandi

Amavubi U17 yatashye amaramasa muri CECAFA

sangiza abandi

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, y’abatarengeje imyaka 17 yatsinzwe na Sudani y’Epfo ibitego 2-1 mu mukino wa nyuma w’amatsinda y’Irushanwa rya CECAFA riri kubera muri Ethiopia.

Uyu mukino wa kane ku ruhande rw’u Rwanda, wabereye kuri Abebe Bikila Stadium iherereye mu Mujyi wa Addis Ababa, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 26 Ugushyingo 2025.

Umukino wabaye ku saa Saba z’amanywa za Kigali, ni wo wari amakiriro ku Rwanda yo gushaka amanota atatu kuko imikino itatu yabanje rutabashije kwitwara neza kuko yose rwayitakaje.

U Rwanda rwinjiye nabi mu mukino maze ku munota wa 20, Sudani y’Epfo ifungura amazamu ku gitego cyiza cyatsinzwe na Daniel Lombe.

Abasore b’Amavubi bakomeje kugerageza gushaka uburyo bwo gutsinda ibitego ariko igice cya mbere kirangira Sudani y’Epfo iyoboye umukino n’igitego 1-0.

Mu gice cya Kabiri, Amavubi yatangiranye imbaraga ndetse ku munota wa 54 Nshimiyimana Olivier, ayifasha kubona igitego cyo kwishyura.

Nyuma yo kwishyurwa, abasore ba Sudani y’Epfo babaye nk’abakanguka bongera gusubira mu mukino ndetse ku munota wa 69 Panom Juo atsindira iki gihugu igitego cya kabiri.

Amavubi ntiyigeze abasha kwishyura iki gitego nubwo yabonye amahirwe akomeye imbere y’izamu ariko yananiwe kuyabyaza umusaruro. Umukino warangiye Amavubi atsinzwe na Sudani y’Epfo ibitego 2-1.

U Rwanda rwasezerewe mu mikino ya CECAFA nta mukino n’umwe rutsinze aho rutashye ku mwanya wa nyuma mu itsinda A ryari rigizwe n’amakipe 5 arimo Ethiopia, Kenya, Somalia na Sudani y’Epfo.

Mu mikino ine, Amavubi yatahanye amanota 0 kuri 12 yakiniwe ndetse n’umwenda w’ibitego 8 yinjijwe.

Imikino ya CECAFA u Rwanda rwasezerewemo ni yo izatanga amakipe atatu azahagararira Akarere ka CECAFA mu mikino ya nyuma y’Igikombe cya Afurika cy’Abatarenegeje imyaka 17 giteganyijwe kubera muri Maroc mu Ukuboza 2026.

Photos:

Photos: FERWAFA

[fluentform id="3"]