Ikipe ya APR FC yanyagiye Mukura Victory Sports et Loisirs ibitego bitatu ku busa, ihita iguma ku mwanya wa kabiri ishikamye gusa na none itanga ubutumwa ku mukeba Rayon Sports FC ko itaje yitonze ishobora kwandagazwa, mu mukino uzaba tariki ya 02 Gicurasi 2026.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, ni bwo ikipe ya Mukura Victory Sports yakiriye APR FC mu mukino w’umunsi wa 28 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Sitade Kamena mu Karere ka Huye.
Mu busanzwe uyu ni umukino amakipe yombi aba yakaniye ukarangwa n’ishyaka ndetse n’agapingane gakomeye ku mpande zombi, uyu mukino wakinywe handitswe amateka mashya ndetse uri mu ya mbere yakinnywe nyuma y’uko Rwanda Premier League yabonye umufatanyabikorwa mushya ari we Banki ya Kigali , aho ku wa Gatanu, tariki ya 24 Gicurasi 2026 impande zombi zashyize umukono ku maseserano y’imikoranire y’imyaka itanu afite agaciro ka miliyari eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Ndetse kuri ubu Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri ruhago mu Rwanda yamaze guhindurirwa izina aho yiswe BK Pro League.
APR FC yagiye gukina uyu mukino ifite akamwenyu nyuma yo kwihanagura amarira i Rubavu yari yarize mu mpera z’icyumweru gishize aho yatsinze Etincelles FC mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro ibitego bitatu ku busa, gusa ku rundi ruhande Mukura Victory Sports na yo yari imeze neza kuko yaherukaga gutsinda Al Merrikh SC igitego kimwe ku busa mu mukino w’umunsi wa 27 wa Rwanda Premier League.
Umukino watangiranye umuvuduko wo hejuru maze APR FC ihita ifata ijambo hakiri kare, ku munota wa gatandatu, Hakim Kiwanuka yazamukanye umupira yihuta cyane ku ruhande rw’ibumoso rwa Mukura Victory Sports acomekera agapira Sheikh Djibril Ouattara wari mu rubuga rw’amahina ariko agiye gutambuka Nisingizwe Christian wa Mukura Victory Sports amushyira hasi umusifuzi w’umukino, Mulindangabo Moise ahita yemeza ko ari penaliti.
Iyi penaliti Sheikh Djibril Outtara yaje kuyiterera ariko ku bw’amahirwe macye, umupira unyura ku ruhande nti yabasha kunyeganyeza inshundura.
Iminota 30 ya mbere n’ubwo APR FC yabonye penaliti ikayihusha amakipe yombi yasatiranye buri imwe ishaka gufungura amazamu, aho nko ku ruhande rwa Mukura Victory Sports abakinnyi bayo bakina basatira izamu barimo : Elie Tatou Iradukunda, Joseph Sackey n’abandi batigeze baha agahenge ba myugariro ba APR FC.
Ku munota wa 32 umunyezamu wa APR FC Hakizimana Adolphe yagoganye na rutahizamu wa Mukura Victory Sports, Mutsinzi Patrick bimuviramo gukomereka cyane aho byabaye ngombwa ko hiyambazwa imbangukiragutabara kugirango imuvane mu kibuga yihutannwe kwa muganga.
Adolphe yaje guhita asimburwa na Ruhamyankiko Ivan maze umukino urakomeza, ni mu gihe Mutsinzi Patrick bagonganye we atigeze agira ikibazo gikomeye kuko yakomeje umukino.
Umusifuzi wa Kane w’uyu mukino, Irafasha Samuel yaje kuzamura iminota itandatu y’inyongera ku gice cya mbere, amakipe yombi arakina ariko habura iyabasha kureba mu izamu ry’indi, umusifuzi w’umukino Mulindangabo Moise yohereza abakinnyi mu kiruhuko cy’igice cya mbere.
APR FC yatangiye igice cya kabiri neza maze hakiri kare ku munota wa 52 ifungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu Sheikh Djibril Outtara ku mupira mwiza yaherejwe na Hakim Kiwanuka.
Abakinnyi ba Mukura Victory Sports bagize guhuzagurika cyane nyuma yo gutsindwa igitego cya mbere, nti haciyeho umwanya munini maze ku munota wa 56 APR FC ihita itsinda igitego cya kabiri, cyatsinzwe na Hakim Kiwanuka uyu yazamukanye umupira maze awucomekera Byiringiro Jean Gilbert ‘Kagege’, wahise ahindura umupira ugendera hasi Joseph Sackey wa Mukura Victory awuserebetse uguma mu maguru ye uhita wisangira Hakim Kiwanuka, utigeze agira kuzuyaza ahita anyeganyeza inshundura APR FC iba itsinze igitego cya kabiri.
Ku munota wa 61 APR FC yabonye igitego cya gatatu kuri koruneli yatewe neza na Ruboneka Jean Bosco umupira usanga myugariro Alex wari uhagaze neza ahita atsinda igitego akoresheje ukuguru kw’ubumoso, abafana ba APR FC basimbukira mu birere aba Mukura Victory Sports baramanjirirwa.
Abderrahim Taleb umutoza wa APR FC yaje gukora impinduka ku munota wa 70 Mugisha Gilbert ‘Barafinda’ na Hakim Kiwanuka baha umwanya Denis Omedi na Mamadou SY.
Abakinnyi ba APR FC bari bamaze kwizera instinzi batangiye gukina biyoroheje icyo bashaka ari ukurangiza umukino, ni mu gihe Mukura Victory Sports wabonaga bacitse intege icyizere cyo kwishyura ibitego batsinzwe cyamaze kuyoyoka.
Ku munota wa 84 APR FC yakoze izindi mpinduka aho William Togui na Dauda Yussif Seidu bahaye umwanya, Iraguha Hadji na Ngabonziza Pacifique.
Iminota 90 y’umukino yarangiye APR FC ikiyoboye umukino n’ibitego byayo bitatu, maze umusifuzi wa Kane Irafasha Samuel yongeraho iminota itatu itigeze igira icyo ihindura ku mukino. APR FC icyura amanota atatu yose uko yakabaye.
Nyuma yo kunyagira Mukura Victory Sports, ikipe ya APR FC yagumye ku mwanya wa kabiri, ku rutonde rw’agateganyo,, aho ifite amanota 55 ni mu gihe Mukura Victory Sports yasubiye inyuma ikava ku mwanya wa gatandatu, igahita ijya ku wa karindwi, aho ifite amanota 41. Al Hilal SC ni yo ikiyoboye urutonde rwa Shampiyona aho ifite amanota 61 ndetse n’umukino umwe w’ikirarane.
AMAFOTO









Irebere ibihe by’ingenzi byaranze umukino APR FC yanyagiyemo Mukura Victory Sports







