APR Women Basketball Club yanditse amateka akomeye mu mikino Nyafurika ya FIBA Africa Women’s Basketball League, yegukana umwanya wa Gatatu, inahabwa umudali w’umuringa nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar yo muri Senegal amanota 90-84, mu iminota y’inyongera.
Uyu mukino wabereye i Cairo mu Misiri, waranzwe n’ishyaka, aho APR WBBC yagaragaje ko ifite ubushobozi bwo guhindura ibintu mu gihe icyo ari cyose.
Nubwo APR WBBC yatangiye umukino idafite amahirwe menshi, igice cya mbere cyarangiye iri inyuma ku manota 48-42.
Yakomeje kwihagararo no gukora iyo bwabaga ngo igaruke mu mukino .
Ibyo byigaragaje mu gace ka gatatu, aho abakinnyi bayo bayobowe na Destiney Promise Philoxy na Assouma Uwizeye bashyizemo imbaraga, batsinda amanota menshi maze bakuraho ikinyuranyo cyari gihari.
Mu gace ka nyuma, umukino warushijeho gukomera, amakipe yombi akubana mu manota. Iminota ya nyuma yaranzwe no guhatana ku rwego rwo hejuru, , aho amakipe yombi anganya amanota 84-84, bituma hiyongeramo iminota itanu y’inyongera.
Muri iyo minota y’inyongera, APR WBBC ni yo yigaragajemo cyane. Yatsinze amanota y’ingenzi, yifashishije ubunararibonye bwa Destiney Promise Philoxy, maze itsinda ASC Ville de Dakar mu mukino n’amanota 90-84.
APR WBBC yatsinzwe na Al Ahly WBBC yo mu Misiri muri ½ ku manota 85-74, yari yahuye na ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal yatsinzwe na Ferroviario Maputo yo muri Zambia amanota 71-65, kugira ngo zihanganire umwanya wa gatatu.
REG WBBC nayo yo mu Rwanda, yo yasoreje ku mwanya wa karindwi nyuma yo gutsinda C.N.S.S. yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) amanota 77-72.
Irushanwa ryegukanywe na Al Ahly WBBC yo mu Misiri yatsinze Ferroviario Maputo amanota 77-51, ku mukino wa nyuma.








