sangiza abandi

Basketball: APR BBC yakubuye Patriots BBC yegukana igikombe cya Shampiyona

sangiza abandi

Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 114-76, biyiha kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda ku nshuro ya 4 yikurikiranya nyuma yo gutsinda imikino 4-0.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kanama 2026, muri BK Arena habereye umukino wa kane (4) mu ya nyuma ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs, washoboraga kuba uwa nyuma kuko APR BBC yari iyoboye n’imikino 3-0 muri 7 iba iteganyijwe.

Ibi bivuze ko APR BBC yasabwaga gutsinda umukino umwe gusa igahita yegukana igikombe cya Shampiyona.

Umukino watangiye saa 21:30 amakipe agendana mu manota mu gace ka mbere karangiye APR BBC iri imbere n’amanota 24-22.

Mu gace ka kabiri APR BBC y’umutoza James Maye Jr yahise ishyiramo ikinyuranyo kinini itsinda amanota 32-21 bituma igice cya mbere kirangira APR BBC iri imbere ya Patriots BBC ho amanota 13 kuko yari amanota 56-43.

Mu gace ka gatatu, APR BBC yari yakundiwe no gutsinda amanota 3 yakomeje kuyobora umukino itsinda Patriots BBC amanota 25-15 ari nako yongera ikinguranyo cyahise kigera ku manota 23.

Patriots BBC y’umutoza Niyomugabo Munyandamutsa Sunny yakomeje no kurushwa mu gace kane itsindwa amanota 33-18 bituma umukino urangira APR BBC itsinze amanota 114-76.

APR yegukanye igikombe irusha cyane Patriots BBC dore ko uretse kuba yayitsinze imikino 4-0 ibizwi nka “Sweep” mu ndimi z’amahanga, imikino itatu muri yo yayitsinzemo amanota ari hejuru y’ijana.

Muri mukino wo muri iri joro, APR BBC yafashijwe cyane na Filer Jovon Adonis watsinze amanota 24, akora rebounds 5, atanga imipira 6 yavuyemo amanota, yambura umupira inshuro 4.

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya, ibyo yaherukaga kubikora ubwo yatwaraga ibikombe 9 bikurikirana kuva mu 1995 yatangira gukina Shampiyona y’u Rwanda kugeza muri 2003.

Indi kipe yigeze gutwaraho ibikombe 4 bikurikirana ni Espoir BBC yabitwaye kuva 2012 kugeza 2015.

Undi mukino wakinwe kuri uyu wa Mbere ni uwo guhatanira umwanya wa gatatu hagati ya REG BBC na RSSB Tigers.

Uyu mukino wasize REG yegukanye umwanya wa 3 nyuma yo gutsinda amanota 96-84 igahita itanga RSSB Tigers gutsinda imikino ibiri (2) muri itatu (3) yari iteganyijwe.

Garmine Kande Kieli yafashije REG BBC muri uyu mukino atsinda amanota 29, akora rebounds 11, atanga imipira ibiri yavuyemo amanota bituma itsinda RSSB Tigers imikino 2-1.

REG BBC yahembwe imidari y’umuringa iherekejwe na sheki ya miliyoni 3 FRW.

Graig Randal II yafashije APR BBC gutsinda umukino wayihesheje igikombe
Patriots BBC yahatanye yegukanye umwanya wa kabiri

Photos:

[fluentform id="3"]