Ikipe ya REG ya basketball y’abagore yateye intambwe igana ku gikombe cya Shampiyona nyuma yo gutsinda The Hoops Rwanda amanota 93-58 mu mukino wa gatatu w’imikino ya nyuma ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs.
Nyuma yo gutsinda uyu mukino wabereye muri BK Arena kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kanama 2026 kuva saa 19:00, REG W BBC yahise yuzuza intsinzi eshatu (3) mu mikino irindwi (7) iba iteganyijwe, bivuze ko isabwa gutsinda undi mukino umwe (1) igahita yegukana igikombe cya Shampiyona.
Washington Delicia yitwaye neza muri uyu mukino atsinda amanota 17, akora rebounds 4, atanga imipira 7 yavuyemo amanota ndetse yambura umupira inshuro 5.
Washington akomeje kuba inyenyeri ya REG W BBC kuva yayigeramo mu mikino ya kamarampaka, aho yanagize uruhare rukomeye mu gutuma iyi kipe ya Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) isezerera APR W BBC muri 1/2.
Biteganyijwe kp umukino wa kane ushobora no kuba uwa nyuma mu gihe REG yawutsinda uzakinwa ku wa Gatatu tariki 26 Kanama 2026.









