Abakinnyi b’ikipe ya RSSB Tigers yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yaberaga i Pretoria muri Afurika y’Epfo, bageze i Kigali batahukanye itike yo gukina iya kamarampaka ‘Play Offs’.
Aba basore bageze ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mata 2026, aho baje kwitegura imikino ya Play Offs izabera i Kigali muri Gicurasi 2026.
Iyi kipe isoje imikino yo gushaka itike y’iya kamarampaka, iyoboye itsinda rya Kalahari Conference nyuma yo gutsinda imikino ine muri itanu yakinwe, igatsindwa umwe. Iyi kipe iyoboye amakipe ane muri iri tsinda yakatishije itike yo gukina imikino ya ‘Play Offs’.
Imikino ine ibanza yose yarayitsinze, aho yatsinze amakipe nka Al Ahly yo muri Libya, Petro de Luanda yo muri Angola, Dar City yo muri Tanzania ndetse na Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo, igatsindwa gusa umukino wa nyuma na Nairobi City Thunder.
Umukinnyi w’iyi kipe, Leonard Craig Randall II, ayoboye abatsinze amanota menshi mu mikino yakinwe mu itsinda rya Kalahari Conference, aho yatsinze ku mpuzandengo y’amanota 36,3 ku mukino.
Ni mugihe Jackson Junior ari muri batanu batanze imipira ivamo amanota (Assist), aho afite impuzandengo ya 5,8 ku mukino.
Itsinda rya kabiri rya Sahara rizakinira i Rabat muri Morroco guhera tariki ya 24 Mata – 3 Gicurasi ririmo Fus de Rabat yo muri Morroco, Al Ahly yo muri Misiri, Ville de Dakar yo muri Senegal, JCA Kings yo muri Cote d’Ivoire, Club Africans yo muri Tunisia na Maktown flyers yo muri Nigeria.
Naryo rizavamo amakipe ane, maze yombi uko ari umunani azakine imikino ya kamarampaka (Playoffs) izabera i Kigali, kuva ku wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi kugeza ku ya 31 Gicurasi.










