Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda yisanze mu itsinda rya mbere (A) hamwe n’ikipe ya Rytas Vilnius yo muri Lithuania na Shanghai Sharks yo mu Bushinwa mu mikino y’Igikombe cy’Isi gihuza amakipe yatwaye ibikombe ku migabane yayo, FIBA Intercontinental Cup.
Iyi mikino izakinwa kuva tariki 22 kugeza 27 Nzeri 2026 muri National Indoor Stadium i Beijing mu Bushinwa.
RSSB Tigers BBC yabonye itike yo kuzakina iyi mikino nyuma yo kwegukana irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, Basketball Africa League (BAL), itsinze Petro de Luanda ku mukino wa nyuma amanota 90-88 mu mukino wabereye muri BK Arena.
Ni ku nshuro ya 36 FIBA Intercontinental Cup igiye gukinwa, aho izitabirwa n’amakipe 6 aturutse ku migabane itandukanye.
Uretse RSSB Tigers izaba ihagarariye umugabane wa Afurika, Rytas yo muri Lithuania Vilnius izaba ihagarariye u Burayi, Boca Juniors izaba ihagarariye Amerika y’Amajyepfo, Beijing Royal Fighters na Shanghai Sharks zizaba zihagarariye Aziya naho Amerika y’Amajyarugu izaba ihagarariwe na NBA G League United, iyi ikaba ari ikipe y’abakinnyi b’intoranywa bo muri Shampiyona y’icyiciro cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, NBA G League.
Aya makipe 6 yagabanyijwe mu matsinda abiri y’amakipe 3, amakipe 2 ya mbere muri buri tsinda akaba ariyo azazamuka muri 1/2 nyuma yo kuzengurukana kw’amakipe yose ari mu itsinda.
Itsinda rya mbere ririmo RSSB Tigers, Rytas Vilnius na Shanghai Sharks naho itsinda rya kabiri ririmo Beijing Royal Fighters, Boca Juniors na NBA G League United.
RSSB Tigers izatangira imikino yayo ikina na Rytas tariki 22 Nzeri 2026, isoze imikino y’amatsinda ikina na Shanghai Sharks tariki 23 Nzeri 2026.









