Ikipe ya Bugesera Fc yandikiye Urwego rureberera Shampiyona (Rwanda Premier League -RPL),irumenyesha ko ititeguye gukina n’ikipe ya Al Hilal kuko yabimenyeshejwe itinze.
Bugesera Fc yohereje ibaruwa kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Ugusyingo 2025, imenyesha RPL ko itakina umukino utunguranye, udasanzwe ku ngengabihe.
Al Hilal yo ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yari yatangaje ko yiteguye gukina umukino n’iyi kipe, wari uteganyijwe kuba kuri uyu wa kane tariki ya 6 Ugushyingo 2025.
Bugesera yagize iti : ” Tubandikiye tubamenyesha ko tutakina umukino utunguranye udasanzwe uri ku ngengabihe y’amarushanwa isanzwe mwatumenyesheje mbere.”
Bugesera ivuga ko itigeze imenyeshwa kare ko igomba gukina uyu mukino, bityo ko yo yakomeje imyitegura ya shampiyona isanzwe ku ngengabihe.
Bugesera ivuga ko umukino yiteguye ari uwo izakinamo na Kiyovu ku Cyumweru kuwa 09 Ugushyingo 2025.
Ku rundi ruhande, Rwanda Premier League yo ivuga ko yamenyesheje amakipe kutazatungurwa mu gihe amakipe yo muri Sudani yakwiyongera muri shampiyona bigahindura ingengabihe.
Ikipe ya Al Hilal yateganyaga gutangira shampiyona y’u Rwanda ikina imikino ibiri ,irimo uyu wa Bugesera ndetse na AS Kigali ku wa mbere tariki ya 10 Ugushyingo 2025.









