sangiza abandi

Burera : Umugabo arakekwaho kwica umugore agahita atoroka

sangiza abandi

Habumuremyi Jean Baptiste wo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, arashakishwa nyuma yo gukubita umugore we witwa Hagenimana Jeannette uri mu kigero cy’imyaka 30, bikamuviramo urupfu, maze agahita atoroka.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku cyumweru tariki ya 18 Mutarama 2026 gusa nyakwigendera aza kwitaba Imana ku wa 20 Mutarama 2026, bibera mu kagari ka Rushara, Umudugudu wa Cyave.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rushara, BimenyimanaThéogène, yabwiye UMUNOTA ko yishe umugore we agahita atoroka ndetse ko intonganya bikekwa ko zaturutse ku businzi bw’uwo mugabo.

Yongetaho ko uwo muryango wari usanzwe ubana mu makimbirane

Gitifu Bimenyimana agira inama abaturage yo kwirinda amakimbirane kandi bagatangira amakuru ku gihe mu gihe hari imiryango ibana na yo.

Ati ” Turagira inama abaturage kwirinda amakimbirane, mu gihe haba hari amakimbirane bakatumenyesha, ubuyobozi bukaza, bukabagira inama aho kugira ngo bicane.”

Biteganyijwe ko nyakwigendera ashyingurwa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Mutarama 2025.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]