Kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Nzeri 2026, ikigo Roc Nation Sports (RNS) and Roc Nation Sports International (RNSI) kireberera inyungu z’abakinnyi cyatangaje ko cyasinyishije umukinnyi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Leonard Craig Randall II usanzwe akinira APR BBC.
Craig Randall II asinyishijwe n’iki kigo cyashinzwe n’umuraperi ukomeye ku Isi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Jay-Z, nyuma yo kwitwara neza muri BAL 2026 agafasha RSSB Tigers kuyegukana ndetse akanahembwa nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa.
Kuva aya masezerano yasinywa, iki kigo kizajya kireberera Craig Randall muri byose, byaba ibyo mu kibuga no hanze yacyo.
Craig Randall II w’imyaka 30 yatangiye kumenyekana cyane mu mwaka w’imikino wa 2021-22 ubwo yahembwaga nk’umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi muri Shampiyona y’icyiciro cya kabiri iwabo, NBA G League.
Icyo gihe yakiniraga ikipe ya Long Island Nets mbere y’uko ajya muri Australia, mu Bufaransa no mu Bushinwa hose akigaragaza.
Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo Randall II yageze mu Rwanda mu ikipe ya APR BBC ubwo yari mu myiteguro y’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, BAL, nk’ikipe yari yatwaye igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda.
Nyuma, APR BBC yatangaje ko itazitabira iri rushanwa rya BAL byatumye isimbuzwa RSSB Tigers yari yaratwaye igikombe cya Rwanda Cup 2025.
RSSB Tigers yahise ifata benshi mu bakinnyi APR BBC yari yaguze kugira ngo izabajyane muri BAL, ni uko Craig Randall II yakiniye iyi kipe y’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB.
Craig Randall II yafashije iyi kipe kwegukana igikombe, ahembwa nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa, ndetse aca uduhigo turimo ako gutsinda amanota menshi mu mukino umwe wo muri iri rushanwa nyuma yo gutsinda amanota 54.
Yaciye n’akandi gahigo ko gutsinda amanota 3 inshuro nyinshi mu mukino umwe nyuma yo kubikora inshuro 11.
Craig Randall II wari ukinnye BAL bwa mbere asiga izina rye ryanditswe mu bitabo by’iri rushanwa nyafurika ryatangiye gukinwa muri 2021.
Nyuma ya BAL, Craig Randall II yasubiye muri APR BBC, ayifasha gutwara igikombe cya Shampiyona ndetse anahembwa nk’umukinnyi mwiza wa Shampiyona y’u Rwanda.
Kuri ubu Craig Randall II ari mu bakinnyi bari gukora imyitozo muri RSSB Tigers bitegura gukina irushanwa rihuza amakipe yatwaye ibikombe ku migabane yayo, FIBA Intercontinental Cup 2026, rizabera mu Bushinwa kuva tariki 22 kugeza 27 Nzeri 2026.
Ikigo Roc Nation Sports (RNS) and Roc Nation Sports International (RNSI) cyashinzwe muri 2013 gisanzwe gikorana n’abandi bakinnyi b’ibyamamare ba basketball barimo Kyrie Irving, LaMelo Ball, Immanuel Quickley n’abandi.
Iki kigo kinakorana n’abakinnyi b’umupira w’amaguru aho gifite mu nshingano abarimo Vinícius Junior, Kevin De Bruyne, Gabriel Martinelli, Romelu Lukaku, Marcus Rashford, Endrick n’abandi.









