sangiza abandi

Habimana Sosthène yasubiye muri Rayon Sports nk’umutoza wungirije

sangiza abandi

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko umutoza Habimana Sosthène yayisubiyemo nk’umutoza wungirije.

Umutoza Habimana Sosthène si mushya mu ikipe ya Rayon Sports kuko yanayibayemo umutoza wungirije muri 2014 aho yungirije Umubiligi Jean François Losciuto n’Umufaransa David Donadei bombi bamaze amezi abiri gusa batoza iyi kipe.

Muri ibi bihe Rayon Sports yatandukanaga n’abatoza benshi bamaze igihe gito, Habimana Sosthène yagiye anyuzamo akaba umutoza mukuru w’agateganyo (Interim Head Coach) wa Rayon Sports hagati ya 2014 na 2015.

Habimana Sosthène ni umwe mu batoza basanzwe bamenyerewe mu Rwanda aho yatoje amakipe atandukanye arimo Musanze FC, Sunrise FC, AS Muhanga, SEC Academy ndetse yanabaye mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi.”

Ikipe ya Rayon Sports yiyambaje Habimana Sosthène nk’umwe mu batoza bungirije umutoza mukuru Haringingo Francis Christian kuko ikipe kugira ngo yemererwe gukina imikino nyafurika ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup bisaba kuba ifite abatoza babiri bungirije bafite impamyabumenyi y’ubutoza (License) ya CAF A cyangwa indi ihwanye nayo.

Kuri iyi ngingo, Rayon Sports yarifite Dusange Sasha nk’umutoza wungirije ufite iyi mpamyabumenyi gusa kuko Lomami Marcel wari wungirije nawe ntabwo yarayifite.

Photos:

[fluentform id="3"]