sangiza abandi

Hatangajwe uko amakipe azahura mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona

sangiza abandi

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Gihugu “Rwanda Premier League” rwatangaje ingengabihe y’uko amakipe azahura mu mikino yo kwishyura ya 2025/26, izatangira tariki 30 Mutarama 2026.

Umukino utegerejwe na benshi uzahuza Rayon Sports na APR FC uzaba ku wa 2 Gicurasi 2026.

Mu mukino ubanza wahuje aya makipe ku wa 8 Ugushyingo 2025, APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 3-0, ndetse ubwo zahuriraga kuri FERWAFA Super Cup yongera kuyitsinda ibitego 4-1.

Imikino ibanza ya Shampiyona y’u Rwanda yatinze kurangira bitewe n’imikino yiyongereyemo y’amakipe abiri yo muri Sudani, Al Hilal SC na Al Merrikh SC.

Kugeza ubu hari amakipe yamaze gusoza imikino yayo ibanza, asigaje myinshi akaba asigaje itatu.

Iyi ngengabihe igaragaza ko ku wa 30 Mutarama imikino yo kwishyura izatangira hakinwa umukino uzahuza Al-Merrikh na AS Muhanga, mu gihe ku ya 4 Gashyantare, Gasogi United izakira APR FC, naho ku ya 5 Gashyantare AS Kigali ikakira Rayon Sports zizaba zaranahuriye ku mukino w’Igikombe cy’Intwari ku ya 28 Mutarama 2026.

Police iyoboye urutonde rwa shampiyona, izatangira isura Rutsiro FC i Rubavu, Bugesera yakire Al Hilal S.C.

Ku ngengabihe RPL yashyize hanze, biteganyijwe ko Shampiyona izasozwa tariki 29-31 Gicurasi 2026 hakinwa Umunsi wayo wa 34 ari na wo wa nyuma. 

Photos:

[fluentform id="3"]