APR FC yasezerewe mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League nyuma yo gutsindwa na Pyramids FC yo mu Misiri, mu majya n’amaza.
APR FC yatsinzwe na Pyramids ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Sitade yitiriwe iya 30 Kamena (30 June Stadium) iherereye mu Mujyi wa Cairo mu Misiri, kuri iki Cyumweru kuwa 5 Ukwakira 2025.
Ni ibitego bisanga 2-0 yari yatsindiwe i Kigali, APR FC isezererwa ityo mu mikino ya CAF ku giteranyo cy’ibitego 5-0 mu mikino yombi .
Mu mukino wo ku Cyumweru, ibitego byose byatsinzwe na Ziko ku munota wa 43, Atef ku munota wa 61 na Hamdi ku munota wa 63.
Uyu wari umukino wa gatandatu uhuje aya makipe yombi mu ijonjora rya CAF Champions League, ndetse muri iyo yose nta n’umwe APR yari yatsindamo, aho Pyramids ifitemo ibitego 15-3 bya APR FC.
APR FC kutarenga ijonjora ry’ibanze bishobora kongera kuyigiraho ingaruka muri tombola ikurikira ya 2026-2027 igatombora ikipe y’ikigugu.
Bitunguranye, abakinnyi Mamadou Sy na Daouda Youssif ba APR FC ntibagaragaye mu bifashishwa muri uyu mukino kubera ibibazo by’imyitwarire idahwitse yabagaragayeho.
Amakipe yose yari ahagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika (APR FC na Rayon Sports FC) yose yamaze gusezererwa atarenze ijonjora ry’ibanze.
Aba basore ba APR bagomba kugaruka i Kigali, abitabajwe mu ikipe y’Igihugu bagakomereza mu mwiherero.
Ni nako kandi bagomba gukomeza Shampiyona, aho ku wa 19/10 bazacakirana na Mukura VS.










