sangiza abandi

Kwandikisha abana bavuka byazamutseho 2,6 % aho mu 2025 handitswe 356 838

sangiza abandi

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyatangaje ko kwandikisha abana byavuye kuri 90.3% mu mwaka wa 2024, bigera kuri 92.9% mu mwaka wa 2025, aho byazamutseho 2.6%.

Mu mibare y’iki kigo, kigaragaza ko mu mwaka wa 2025, abana 9 mu 10 bavutse mu Rwanda banditswe  (92.9%) mu bitabo by’irangamimerere.

Ibyavuye mu bushakashatsi:

Mu 2025: 92.9% (niwo mubare munini cyane)

Mu 2022: 92.9% (niwo mubare wa mbere wari waragezweho)

Mu 2024: 90.3%

Mu 2023: 90.4%

Mu 2021: 84.2% (niwo mubare muto cyane mu myaka ya vuba)

Nyuma y’ikigero cyari kiri hasi mu 2020 na 2021 (85.8% na 84.2%), u Rwanda rwabishyizemo imbaraga rugaruka ku musaruro wa 92.9% mu 2022, rukomeza kuwusigasira kugeza n’ubu.

Iyi mibare yerekana ko ababyeyi benshi barushijeho kwizera no gukoresha serivisi z’irangamimerere z’ubuzima,kikaba ari igipimo cyiza  ku buzima bw’abana ,igenamigambi n’iterambere ry’igihugu.

Photos:

[fluentform id="3"]