Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yitabiriye ibirori byo gufungura ku mugaragaro Inzu Ndangamurage ya Misiri, Grand Egyptian Museum (GEM).
Ibi birori byabereye mu Mujyi wa Cairo ku wa Gatandatu, tariki ya 1 Ugushyingo 2025.
Iyi nzu ndangamurage, ibarizwamo ibihangano birenga 100,000 bigaruka ku mateka ya Misiri, ikaba ari yo nini ku Isi mu zibarizwamo ibisigaratongo.
Nyuma y’ibi birori, Minisitiri Amb. Nduhungirehe yabonanye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri, Dr. Badr Abdelatty, amushimira ku ntambwe igihugu cye cyateye mu gufungura Inzu Ndangamurage ya Misiri,
Minisitiri Amb. Nduhungirehe kandi yashimangiye ko u Rwanda rwiteguye gukomeza kwagura umubano n’imikoranire ihuriweho n’ibihugu byombi.
Iyi nzu ndangamurage yatangajwe mu mwaka wa 1992, imirimo yo kuyubaka itangira mu 2005, isozwa burundu mu 2023 itwaye amafaranga angana na miliyari 1.2 y’amadolari.
Imibare yo mu 2024 mu gihe cy’igerageza yagaragaje ko iyi nzu isurwa n’abagera ku 4000 buri munsi.








