sangiza abandi

Minisitiri Nsanzimana yaganiriye na Dr. Tedros ku ngamba zafashwe mu kurwanya icyorezo cya Marburg

sangiza abandi

Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana n’Umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri, Dr. Yvan Butera bakiriye Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, yatangaje ko abayobozi ku mpande zombi barebeye hamwe ku ngamba zikomeje gushyirwa mu bikorwa mu guhangana n’icyorezo cya Marburg cyagaragaye mu Rwanda kuva mu mpera z’ukwezi kwa cyenda.

Banditse bati “ Iki gitondo, Minisitiri Dr. Sabin Nsanzimana n’Umunyamabanga wa Leta Dr. Yvan Butera bakiriye Umuyobozi wa OMS Dr. Tedros uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kureba uko ingamba zo guhashya Marburg ziri gushyirwa mu bikorwa.”

Dr. Tedros wageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 18 Ukwakira 2024, yanditse ku rubuga rwa X ashimira Minisitiri Nsanzimana wamwakiriye, ndetse avuga ko aje kureba uko ingamba zo kurwanya Marburg ziri gushyirwa mu bikorwa no kwerekana ubufatanye bwa OMS.

Kugeza ubu imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko mu bipimo bisaga 4612 byafashwe, harimo 64 banduye icyorezo cya Marburg, barimo 44 bagikize n’abandi 15 bahitanywe nacyo.

Kuva icyorezo cya Marburg cyagaragara mu Rwanda, OMS yatangaje ko u Rwanda rwafashe ingamba zo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo, bityo ibihugu bitagomba guhagarika kugenderana no gukorana ubucuruzi n’u Rwanda kubera ko bishobora kugira ingaruka ku baturage n’ubukungu.

Kuri ubu mu Rwanda hamaze gutangwa inkingo ku barenga 1032, bahereye ku baganga n’abakora ku mavuriro, ndetse ingamba zo kwirinda iki cyorezo zirakomeje ku Banyarwanda bose.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]