sangiza abandi

Mu Rwanda abarenga 200 bamaze gukingirwa icyorezo cya Marburg

sangiza abandi

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yatangaje ko kugeza ubu abantu barenga 200 bamaze gukingirwa icyorezo giterwa na virusi ya Marburg mu Rwanda.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa kane mu buryo bw’ikoranabuhanga yavuze ko u Rwanda rugeze kure ibikorwa byo gukingira no kureba uko icyorezo cya Marburg kitakomeza gukwirakwira.

Ati “Kugeza ubu tumaze gukingira abantu barenga 200, aho tuvugira ubu abandi bari gukingirwa. Bwa mbere twakiriye doze 700, duteganya ko izi zizakingira abari mu bigo biri kuvurirwamo, ariko n’abandi bahuye n’abanduye.”

Yakomeje avuga ko hateganywa izindi nkingo mu gihe cya vuba, ndetse bishoboka ko habonwa n’izindi zisumbuye mu gihe kiri imbere.

Minisitiri Dr. Sabin yavuze ko u Rwanda rudahisha iki cyorezo ndetse ko ubwo cyagaragaraga amakuru yahise atangazwa, Ati” Amakuru ni uko ibipimo byafashwe ku wa 26 Nzeri, byemezwa muri iryo joro bitangazwa mu ruhame ku wa 27 Nzeri. Byose byabaye mu masaha 24, hakurikijwe amabwiriza Mpuzamahanga. Ibyo ni ukuri.”

Ku wa 27 Nzeri 2024 nibwo abarwayi ba mbere bagaragaye mu Rwanda. Amakuru yashyizwe hanze n’iyi Minisiteri kuri uyu wa 8 Ukwakira 2024, agaragaza ko abamaze kwicwa n’iki cyorezo bose hamwe ari 13. Abagikize ni 14, mu gihe abamaze kucyandura bose ari 58.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]