Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Musanze FC yatangaje ko yamaze gusinyisha umukinnyi w’umunyarwanda Mugiraneza Frodouard ukina mu kibuga hagati yugarira.
Mugiraneza yasinyiye Musanze FC yo mu Majyaruguru amasezerano y’umwaka umwe ayikinira nyuma yo kuva muri Police FC.
Mugiraneza yamenyekanye cyane ubwo yari mu ikipe ya Kiyovu Sports yakiniye hagati ya 2022 na 2024 mbere y’uko abengukwa na APR FC mu mpeshyi ya 2024.
Muri APR FC, Mugiraneza ntabwo yabonye umwanya uhagije wo gukina byatumye nyuma y’umwaka umwe ahita yerekeza muri Police FC.
Muri Police FC nabwo Mugiraneza wanakiniye ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ ntiyabonye umwanya uhagije wo gukina ari nabyo byatumye yerekeza muri Musanze FC.
Mugiraneza Frodouard uvuka i Nyabihu mu Ntara y’Iburengerazuba yakiniye andi makipe yo mu Rwanda arimo Vision Jeunesse Nouvelle na Marine FC.
Mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26 Musanze FC yarangirije ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa Shampiyona bituma ihembwa miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mugiraneza abaye umukinnyi wa gatatu Musanze FC isinyishije muri iyi mpeshyi nyuma ya Ndayishimiye Edouard usatira anyuze ku mpande na Destin Malanda ukina nka rutahizamu.
Iyi kipe yanongereye amasezerano abakinnyi 4 aribo Mukengere Christian, umuzamu Nsabimana Jead de Dieu batazira Shaulin, Munyurangabo Leonidas Ciriri na Gakwavu Jean Berkimas.
Musanze FC inaherutse gusinyana amasezerano y’ubufatanye na UB-Fit Gym ikomeje imyitozo yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27 hamwe n’umutoza wayo mukuru Ruremesha Emmanuel.
✏️Mugiraneza Frodouard
— Musanze FC (@musanzefc) August 11, 2026
Welcome to Home of #IngagiNkuru#VisitMusanze pic.twitter.com/zvEmDf5hgs







