Perezida w’Urwego rw’Ikirenga rwa Rayon Sports, Muvunyi Paul, yavuze ko ikipe ya Rayon Sports bari bafite umwaka ushize itari ikomeye ku buryo yahangana na APR FC, ariko yizeza abakunzi b’iyi kipe ko barimo kubaka ikipe ikomeye izahatanira ibikombe mu mwaka utaha w’imikino.
Ni ibyo yagarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa Kabiri, tariki ya 8 Nyakanga 2025. Muvunyi yavuze ko ikipe yahasanze ubwo yagarukaga ku buyobozi itari ihagaze neza mu buryo bw’abakinnyi beza.
Ati “Mu by’ukuri ntabwo twari dufite ikipe nziza pe, ni ikipe twaje dusanga. No kuba yarageze hariya ni uruhare rw’aba bagabo. Naho ubundi ntabwo yari ikipe yagombye guhangana na APR ku rwego rugaragara, mu mpande zose.”
Rayon Sports yari imaze igihe iri ku isonga ry’urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere, Rwanda Premier League, ariko yaje kurangiza ku mwanya wa kabiri, irushwa amanota ane na APR FC yegukanye igikombe. Yanatsinzwe na yo ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wa Peace Cup.
Perezida Muvunyi yavuze ko bari kubaka ikipe ikomeye, ndetse yongeraho ko uko byari bimeze kose, Rayon Sports yakabaye idatera ubwoba APR FC, bivuze ko hari impamvu zibiri inyuma.
“APR ni ikipe yagombye kuba itagira ubwoba bwa Rayon Sports kubera impamvu nyinshi. Ariko na none kuba inayibona mu bitugu byayo, hari impamvu nyinshi.”
Rayon Sports na APR FC zizahagararira u Rwanda mu marushanwa ya CAF, aho Rayon izakina CAF Confederation Cup naho APR ikitabira CAF Champions League. Impuzamashyirahamwe ya Afurika y’umupira w’amaguru (CAF) izaha buri kipe $100,000 (arenga miliyoni 144 z’amafaranga y’u Rwanda) mu rwego rwo kwitegura ayo marushanwa.







