Myugariro wo hagati, Ntarindwa Aimable yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa AS Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 23 Kamena 2026 nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yakiniraga mu mwaka w’imikino wa 2025/26.
Ntarindwa wasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri AS Kigali yari yageze muri Rayon Sports mu mpeshyi y’umwaka ushize nyuma yo kwigaragaza cyane mu ikipe ya Mukura VS&L.
Nubwo uyu mukinnyi w’umunyarwanda yagiye muri Rayon Sports yitezweho byinshi ariko ntabwo byamukundiye kuko yabuze n’umwanya uhagije wo gukina, bigera naho umwanya we batangira kuwuhengekaho abandi bakinnyi badasanzwe bawukina.
Gikundiro yakiniraga, yamaze gusinyisha bamwe mu bakinnyi bakina ku mwanya umwe na we, barimo Nisingizwe Christian wavuye muri Mukura VS&L ndetse bikaba bivugwa ko yamaze no kumvikana n’umurundi Msanga Henry uherutse gutandukana na Police FC.
N’ubwo Msanga atarerekanwa nk’umukinnyi wa Rayon Sports ariko na we yerekanye ibimenyetso byo kuba azerekeza muri iyi kipe nyuma y’uko tariki 12 Kamena 2026 ashyize ku rubuga rwe rwa Instagram ahashyirwa ubutumwa bumara amasaha 24 (Story) udutima tubiri, kamwe k’ubururu n’akandi k’umweru nk’amabara aranga Rayon Sports.
Aimable: Breaks up play, builds the dream. Aimable is our new defensive midfielder. pic.twitter.com/O7lIc9WVvs
— AS KIGALI (@AS_KigaliFC) June 23, 2026








