sangiza abandi

Perezida Kagame yakurikiye umukino wa Paris Saint Germain

sangiza abandi

Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino wa ½ cya UEFA Champions League wabereye kuri Stade ya Parc des Princes i Paris.

Ni umukino wabaye ku wa 28 Mata 2026, aho Paris Saint-Germain yatsinze Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza.

Ibiro bya Perezida Kagame ku rubuga rwa X byatangaje biti ” Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League wabereye i Paris, aho Paris Saint-Germain, umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda, yatsinze Bayern Munich.”

Umukuru w’Igihugu ni umwe mu bashyitsi b’imena bitabiriye uyu mukino, aho yagaragaye ari kumwe n’umuyobozi wa Paris Saint Germain, Nasser Al-Khelaifi.

PSG yatsinze ibitego bitanu ibifashijwemo na Khvicha Kvaratskhelia watsinze ibitego 2, Ousmane Dembélé watsinze ibitego 2 na João Neves watsinze igitego kimwe.

Paris Saint-Germain isanzwe ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Visit Rwanda, ubufatanye bugamije kumenyekanisha u Rwanda ku rwego mpuzamahanga no guteza imbere ubukerarugendo.

Photos:

Photos:

[fluentform id="3"]